×

Alliah Cool uri mu banyarwanda bitabiriye ibirori bya Trace Awards 2025 byabereye Zanzibar, yasangije abakunzi be uko byari bimeze.

Mu kiganiro yagiranye n’abakunzi be kuri Instagram, Alliah yavuze ko ibi birori byabereye Zanzibar utabigereranya n’ibyabereye mu Rwanda mu 2023, ku bijyanye n’imitegurire.

Impamvu nuko byarimo akavuyo kenshi mu gihe mu Rwanda ibintu byari ku murongo nk’uko igihugu gisanzwe kizwi ku gutegura neza ibintu bitandukanye by’umwihariko ibirori, inama, n’ibindi bisa nabyo.

Gusa nubwo ryari ijoro ritaryoshye nk’uko byari byitezwe, Alliah Cool avuga ko abantu bamushimishije harimo Diamond Platnumz witwaye neza cyane ku rubyiniro nk’uko asanzwe abikora, aho uyu munyarwandakazi avuga ko yanagize impungenge ko urubyiniro rugira ikibazo kuko rutari rukoze neza.

Ikindi nuko Alliah yashimishijwe cyane ndetse agaterwa ishema n’umunyarwandakazi Sherrie Silver umaze kubaka izina ku ruhando mpuzamahanga mu kubyina, nawe wagaragaye muri ibi birori.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

AMAFOTO: Lynda Priya witabiriye Miss Rwanda mu bihe bitandukanye yakoze ubukwe

Uwankusi Nkusi Lynda wamenyekanye ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye ariko akaza no kwamamara nka Lynda Priya muri sinema...

Read out all

Nta nshuti n’imwe dufite: Fille Mutoni ku bitera abahanzi agahinda gakabije

Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi...

Read out all

IShowSpeed arateganya gusura ingagi zo mu Birunga mu Rwanda

Umunyamerika umaze kuba icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, yatangaje ko mu rugendo ari kugirira mu bihugu bitandukanye muri Afurika, nagera mu Rwanda...

Read out all

Kutagira ‘permis’ no gufatanwa ibiyobyabwenge: Izindi ngingo zakomeje ikirego cya DJ Toxxyk

Kuva ku itariki 20 Ukuboza 2025, Arnold Ishimwe uzwi nka DJ Toxxyk ari mu maboko y’inzego z’umutekano aho ari gukorwaho iperereza rishingiye...

Read out all

Dosiye ya batanu barimo Prophet Joshua yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo abarimo Prophet Joshua bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Iguhugu. Umuvugizi wa RIB,...

Read out all

Abinyujije mu ndirimbo ye nshya yise ‘Indabo zanjye’ The Ben yasubije Bruce Melodie wari umaze iminsi amushotoye

The Ben atangira iyi ndirimbo ye nshya yivuga ibigwi, anirata uko ari umuhanzi ukomeye yagera hagati akibutsa Bruce Melodie ko ‘yakunze igisebo’...

Read out all