×

Umuramyi Aloys HABI ufite inkomoko yo mu Rwanda, ariko ubarizwa ku mugabane wa Aziya mu gihugu cy’ Ubushinwa, kuri uyu wa gatandatu taliki 15 werurwe 2025, yashyize hanze amashusho y’ indirimbo nshya yise ‘ Musomere Inzandiko.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Connect, yasobanuye aho igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo cyavuye. Yagize ‘’ati Iyi ndirimbo yaje ndi mu nzozi, ndota ndirimba hari nka saa 04:00 za mugitondo, bwenda gucya. Gusa naririmbaga agace kayo gusa, ibindi bitero nabyongeyeho nyuma.

Yakomeje agira ati’’ Ni ndirimbo itanga ubutumwa ku muntu umaze igihe ari mubihe bibi, kugira ngo akomere yibuke indahiro y’Imana ko itazongera kurimbuza umwuzure, akomere umutima kandi mubwira ko ijuru ritabaye ibihe bibi birangiye. Umuntu wese uzizerera muri iyi ndirimbo azasenge abwire Imana ati’’ nibutse indahiro yawe kandi Imana izamwiyereka.

Mu butumwa yageneye abakunda ibihangano bye yagize ati’’ Ndasaba abakunzi banjye kunshyigikira, iyi ndirimbo (Musomere Inzandiko) bakayigeza kure, ariko bita cyane ku magambo ayigize no kurushaho kunsengera. Yakomeje agira ati’’ Abahanzi bagenzi banjye nabo ndabasaba ubufatanye no kumfasha kwamamaza ubu butumwa ntanze, Imana ihe umugisha umuntu wese uri buyumve akagira impinduka muri we ndetse akayigeza no kubandi.

Umuhanzi Aloys HABI,nubwo ahora mu mashimwe y’uko Imana yamugiriye neza, yavukiye amezi bavukiye 12, mu gihe abandi bana bavukira ku mezi 9. Ikindi nuko muribyo bihe yagize n’ubumuga bwo kutavuga.

Uyu muramyi kandi yamenyekanye mu ndirimbo nyinshi harimo nka ‘Mbitse inyandiko, imaze kurebwa n’ abasaga miliyoni 3 n’ ibihumbi 400 ku rubuga rwe rwa YouTube, Indahiro’ yakoranye na Kagame Charles nizindi nyinshi…

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘MUSOMERE INZANDIKO’

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

AMAFOTO: Lynda Priya witabiriye Miss Rwanda mu bihe bitandukanye yakoze ubukwe

Uwankusi Nkusi Lynda wamenyekanye ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye ariko akaza no kwamamara nka Lynda Priya muri sinema...

Read out all

Nta nshuti n’imwe dufite: Fille Mutoni ku bitera abahanzi agahinda gakabije

Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi...

Read out all

IShowSpeed arateganya gusura ingagi zo mu Birunga mu Rwanda

Umunyamerika umaze kuba icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, yatangaje ko mu rugendo ari kugirira mu bihugu bitandukanye muri Afurika, nagera mu Rwanda...

Read out all

Kutagira ‘permis’ no gufatanwa ibiyobyabwenge: Izindi ngingo zakomeje ikirego cya DJ Toxxyk

Kuva ku itariki 20 Ukuboza 2025, Arnold Ishimwe uzwi nka DJ Toxxyk ari mu maboko y’inzego z’umutekano aho ari gukorwaho iperereza rishingiye...

Read out all

Dosiye ya batanu barimo Prophet Joshua yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo abarimo Prophet Joshua bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Iguhugu. Umuvugizi wa RIB,...

Read out all

Abinyujije mu ndirimbo ye nshya yise ‘Indabo zanjye’ The Ben yasubije Bruce Melodie wari umaze iminsi amushotoye

The Ben atangira iyi ndirimbo ye nshya yivuga ibigwi, anirata uko ari umuhanzi ukomeye yagera hagati akibutsa Bruce Melodie ko ‘yakunze igisebo’...

Read out all