×
In

Uwizeye Judith Minisitiri muri Perezidansi y’Urwanda, Yijeje ubuvugizi ku bijyanye no gushyiraho urukuta rw’amazina y’abanyamakuru bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994.

Minisitiri Judith, Yabigarutseho ku mugoroba wo kuri uyu wa 12 Mata 2025, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 abanyamakuru bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, cyabereye ku Cyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru, RBA.

Yagarutse kandi ku bijyanye n’ikibazo cyavuzwe cyo kuba nta hantu abanyamakuru bishwe muri Jenoside bashyiriweho bazajya bibukirwa. Yagize ati “Mboneyeho kuvuga ku kintu bagenzi banjye bakomeje kugarukaho, kuba twateganya ahantu hajya amazina y’abanyamakuru bazize Jenoside, aho twajya tuza kubibuka tugashyiraho indabo”.

Yakomeje ati “Ndabizeza ko Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda hamwe n’Urwego rw’Igihugu rw’imiyoberere, RGB bazakomeza kubiganiraho kuko twese tubona ko bikenewe kandi ikizashoboka cyose kizakorwa”.

Minisitiri Uwizeye yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza gushyigikira iterambere ry’itangazamakuru aho yagize Ati “Leta y’u Rwanda izakomeza kuba hafi itangazamakuru mu rugendo rwo kwiyubaka kuko izi neza y’uko abanyamakuru ari abafatanyabikorwa bakomeye mu rugendo rwo kugera ku Rwanda twifuza.

Yakomeje Ati ‘Tuzakomeza gufatanya muri byose yaba mu byo mwifuza kuri leta y’u Rwanda, no kubana mu rugendo rwo kubaka igihugu cyacu” cy’u Rwanda.

Minisitiri Uwizeye Judith yasoje ashimira abanyamakuru bakora ibishoboka byose bagafata umwanya mu guhangana n’abakwirakwiza ibinyoma, abahakana n’abapfobya Jenoside.

Yaboneyeho gusaba abanyanyamakuru kugira uruhare mu bikorwa byo kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda. Twibuke Twiyubaka.

Uwizeye Judith Minisitiri muri Perezidansi y’Urwanda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

In

Inzego z’umutekano zatanze imyirondoro y’umugabo wafashwe yangize imodoka mu Mujyi wa Kigali

Inzego zishinzwe umutekano zatanze umwirondoro w’umugabo wafashwe videwo amenagura ibirahure by’imodoka mu Mujyi wa Kigali. Batangaje ko uyu ari umugabo w’imyaka 41...

Read out all
In

Umusore w’imyaka 19, yarohamye  muri Nyabarongo

Muhanga: Kwizera Emmanuel w’Imyaka 19 y’amavuko wari ushoreye inka ayijyanye mu isoko yarohamye mu mugezi wa Ngabarongo. Kwizera Emmanuel ni mwene Uwizeyimana...

Read out all
In

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa wa nyuma w’Umwami Yuhi V Musinga, yatabarutse afite imyaka 93

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda hagati y’umwaka wa 1896 na 1931, yatabarutse ku wa Mbere tariki...

Read out all
In

Col Rwagasana Sankara na Viviane Mukakizima bahawe imirimo mishya na Perezida Kagame.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagize Col Régis Rwagasana Sankara Umuyobozi Wungirije w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, mu gihe Viviane...

Read out all
In

Ingabire Marie Immaculée yitabye Imana ku myaka 64.

Ingabire Immaculée wari Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, umuryango urwanya ruswa n’akarengane, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane azize...

Read out all
In

Impamvu 5 Perezida Kagame akoresha Siporo mu kongera isura y’igihugu mu ruhando mpuzamahanga.

Mu gihe u Rwanda rukomeje kwigarurira umwanya ku rwego mpuzamahanga, siporo yabaye kimwe mu bikoresho by’ingenzi Perezida Paul Kagame akoresha mu kongera...

Read out all