×

Niba ukoresha imbuga nkoranyambaga, nawe ushobora kuba wabonye aya mashusho y’umugabo witwa ‘Absalom Komando’ wuriye indege ikamuzamukana mu kirere ayitendetseho, ariko ntubashe gusobanukirwa ibyo ari byo.

Uyu mugabo ubusanzwe akomoka muri Kenya, akaba yarabaye ikimenyabose kuva ku munsi w’ejo ubwo yakoraga agashya akurira indege y’umuherwe wamamaye mu biganiro byo kuri YouTube witwa ‘Oga Obinna’ wari waje mu bukwe bw’umuhanzi uzwi nka ‘Prince Indah’, wari wabukoreye mu gace ka ‘Migori County’ gaherereye mu Majyepfo y’i Burengerazuba bw’iki gihugu.

Ubwo ubukwe bwari burangiye Oga Obinna agiye gutaha, uyu mugabo Absalom Komando yasabye umupilote ko yamutwara mu ndege akamugeza i Mombasa akaba ariho ajya gushakira ubuzima kuko yibwiraga ko nahagera azabona ibyo akora bimuha amafaranga, gusa umupilote yarabyanze ndetse biba ngombwa ko bitabaza abashinzwe umutekano baza kumukura hafi y’indege.

Gusa uyu mugabo yanze kuva ku izima, yongeye kugaruka hafi y’indege acunga ihagurutse ahita ayifata iramuzamukana abantu barumirwa! Icyakora umupilote akibibona ntabwo yigeze agera kure kuko uyu mugabo yashoboraga guhanuka agapfa, bituma umupilote agera imbere arakata agaruka ku kibuga bamukuraho.

Mu kiganiro uyu ‘Komando’ yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko atigeze agira ubwoba na buke kuko yiri afite gahunda yo kugera i Mombasa n’indege kandi yumvaga ko ariyo yamugezayo byoroshye akaba ariho ajya gutangirira ubuzima bushya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Afurika y’Epfo igiye gukura ingabo zayo muri MONUSCO

Guverinoma ya Afurika y’Epfo mu itangazo yasohoye muri iki gitondo yatangaje ko igiye gukura ingabo zayo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga...

Read out all

Ubuyapani: Umugabo yarusimbutse ubwo bashakaga kumwica bamuhora kugona

Mu Buyapani, umusore w’imyaka 18, akaba umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akurikiranyweho gushyira uburozi mu byo kurya bya...

Read out all

U Burusiya bwambuye ingabo za Ukraine uduce 32

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burusiya, Valery Gerasimov, yatangaje ko ingabo z’icyo gihugu zigaruriye uduce 32 mu kwezi k’Ukuboza mu ntambara zihanganyemo n’ingabo...

Read out all

Muri Kazakhstan Abadepite batoye itegeko ribuza icengezamatwara ry’abaryamana bahuje ibitsina

Inteko Ishinga Amategeko ya Kazakhstan, yatoye itegeko ribuza icengezamatwara ry’imyemerere y’abaryamana bahuje ibitsina, rikorwa hifashishijwe itangazamakuru na internet, hagamijwe kurinda abana amakuru...

Read out all

Impanuka yabereye muri Kenya, yahitanye abantu.

Impanuka y’indege ya gisivili yahitanye abantu 12 biganjemo ba mukerarugendo muri Kenya. Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,...

Read out all

Zelensky ashaka kwitabira ibiganiro bya Trump na Putin atatumiwemo

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko yiteguye kwitabira inama izahuza Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe...

Read out all