×

Umusaza Ufite imyaka 61 wahoze mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo witwa Muhasha Enock Sebinama, yavuze ko yagiye mu ihuriro AFC/M23 kugira ngo arwanye akarengane gakorerwa Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda.

Uyu Muhasha ukorera mu mutwe wa Twirwaneho ubarirwa mu mu ihuriro rya AFC, yasobanuye ko ishyaka ryonyine ari ryo ryatumye yumva ko akwiriye gutabara aba Banye-Congo bavuga ururimi rw’ Ikinyarwanda.

Uyu musaza Yagize ati “Mfite umuryango wanjye umeze neza, ntabwo mbuze amata yo kunywa cyangwa icyo kurya ahubwo ni ishyaka ryatumye numva nagaruka gutabara kandi ntabwo naje gupfa, naratabaye.”

Sebinama yavuze ko yabaye mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu mwaka w’ 1996 kandi ko mu gihe yari akirimo, yabonaga kirimo ivangura ryinshi kuko hari ubwo bagenzi be bamubazaga niba ari Umunye-Congo koko.

Yagize ati “Nibuka njyewe igihe twari turi ahitwa Kabamba(ku isoko), abasirikare barambajije bati ’Wowe ko uvuga ko uri Umukongomani, muri iri soko urabona usa nande? Yego koko nabuze igisubizo, nababwiye ko nsa na Yesu kuko na bo ntibasa na Yesu.”

Yavuze kandi ko kuba ari mu myaka yo gufata ikiruhuko cy’izabukuru bitamubuza kurwanira igihugu cye, cyane cyane gutabara abakomeje kwicwa n’imitwe ya Wazalendo bazira kuvuga Ikinyarwanda.

Yagize Ati “Mfite imyaka 61, ubu mba ndi mu kiruhuko cy’izabukuru ariko mu ntege nkeya zanjye mfite mu mubiri, ngomba kurwanira igihugu, nkwiriye kugitabara.”

Ubusanzwe Muhasha, akorera mu bice byo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo byiganjemo Abanyamulenge.

Muhasha Enock Sebinama, yasubiye mu gisirikare ku myaka 61

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe n’ikiza cy’inkubi y’umuyaga yiswe ‘Melissa’ iherutse kucyibasira. Amakuru IGIHE ikesha...

Read out all

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 batorotse nyuma yo gutsindwa na M23, bari guhigwa.

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigishwa uruhindu n’inzego z’umutekano z’igihugu cyabo, bazira gutoroka akazi ka gisirikare nyuma yo kwirukanwa muri Repubulika...

Read out all

Rutaremara yashinje Tshisekedi kugura abanyamahanga bakamufasha gukora ‘Jenoside’

Umuyobozi w’Urubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda, Tito Rutaremara, yagaragaje ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, agura abanyamahanga kugira...

Read out all

Ingingo Abadepite bashingiyeho bemeza Itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda ryakuruye impaka

Ku wa 5 Mutarama 2026, Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda, icyemezo cyakiriwe n’impaka nyinshi mu baturage haba kuri...

Read out all

Yahungiye mu Rwanda nyuma yo gusambanywa n’abarenga 100: Agahinda k’uwandujwe Sida FDLR

Kenshi iyo havuzwe uburyo ubutegetsi bwa Repubulika Ihanaranira Demokarasi ya Congo bwimitse urwango ku Banye-Congo bavuga Ikinyarwanda cyane cyane Abatutsi, hari ababikerensa...

Read out all

Minisitiri Bizimana yasabye abantu kurwanya imvugo z’urwango n’iza politiki ishingiye ku ivanguramoko.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean-Damascène, yavuze ko hari abantu bayobowe n’urwango n’ivanguraruhu bagoreka nkana igisobanuro cy’ijambo “Ubwenge”, bakarihuza n’inabi,...

Read out all