×
In

Hari igihe umuntu yirirwa aseka, agasangira n’abandi, akitabira ibirori, ariko mu mutima we harimo umwijima udasobanutse.

Ni byo byambayeho njyewe, ndetse n’umwe mu nshuti zanjye duherutse kuganira. Yambwiye ko ubwo yari mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye, yapfushije se umubyara. Mu gihe abandi babonaga ko ameze neza, we yatangiye kwigunga, agahora ashaka kuba wenyine, agatinya kujya ahantu hari abantu, ndetse rimwe na rimwe agatangira kugira ubwoba budafite impamvu.

Yaje kujya kwa muganga bamubwira ko arwaye depression—indwara y’agahinda gakabije. Icyamutangaje ni uko atari azi ko iyo ndwara ishobora gufata umuntu utigeze na rimwe yivovota cyangwa ngo agaragaze ibimenyetso by’inyuma

1.Depression ni iki?

Depression ni indwara yo mu mutwe igaragarira mu guhungabana kw’ibitekerezo, amarangamutima, n’imyitwarire. Si ukumva ubabaye gusa, ahubwo ni indwara ishobora kugira ingaruka ku buzima bwawe bwose — imibanire, akazi, kwiga, n’icyizere cy’ejo hazaza.

2.Ibimenyetso bikwiye kukuburira

Hari ibimenyetso byinshi ushobora kubona cyangwa ukabyumva mu buzima bwa buri munsi ariko ukabyitaho gakeya:
• Kumva ubabaye igihe kinini kandi nta mpamvu igaragara.
• Guhora wumva ntacyo wimariye, wikuyeho icyizere.
• Gucika intege no gutakaza ubushake bwo gukora ibyo wakundaga.
• Kutabona neza agaciro k’ubuzima, rimwe na rimwe ukifuza gupfa.
• Kunanirwa gusinzira cyangwa gusinzira birenze urugero.
• Kuribwa umutwe, inda, cyangwa mu ngingo zitandukanye ariko muganga atabona impamvu.
• Kwikunda gake no kumva ushaka kuba wenyine igihe cyose.
Niba hari ibirenga bitatu muri ibi bikubaho mu gihe kirenze ibyumweru bibiri, hari amahirwe ko ushobora kuba urembye — n’ubwo waba utabizi.

3.Ni iki gishobora gutera depression?

Depression ituruka ku mpamvu zitandukanye, zirimo:
• Gupfusha cyangwa gutakaza umuntu w’ingenzi mu buzima.
• Ihahamuka ryatewe n’ibyabaye mu bwana.
• Ubwigunge bukabije cyangwa guhezwa n’abandi.
• Kunanirwa kugera ku nzozi n’intego wihaye.
• Imihindagurikire y’imisemburo mu mubiri.
• Indwara z’igihe kirekire nk’iz’umutima, diyabete, cyangwa izifata ubwonko.
• Gukoresha ibiyobyabwenge cyangwa inzoga ku rugero rwo hejuru.
Mu buzima bwanjye bwite, nigeze kunyura mu bihe bikomeye ubwo nari mu cyiciro cy’ishuri cyansabaga imbaraga nyinshi mu masomo n’akazi. Nasinziraga nabi(gakeya), sinasabanaga, sinanagiraga ubushake bwo gukora ibyo nakundaga. Ariko nari narabifashe nk’intege nke. Nyuma yo gusoma ku bijyanye na depression no kuvugana n’inshuti zabayeho nabi mu buryo bwihariye, nasanze nanjye nari mu nzira igana aho.

  1. Ese wakora iki ngo wivure cyangwa uvure undi?
    Depression iravurwa kandi irakira. Bisaba kwikuramo isoni. Dore ibyo wakora:
    • Shaka ubufasha: Jya kwa muganga w’inzobere mu mitekerereze cyangwa uvugane n’umujyanama w’ihungabana.
    • Sangiza abandi uko wiyumva: Gusangira n’inshuti cyangwa abo mu muryango ibyo wumva byagufasha.
    • Kora imyitozo ngororamubiri: Siporo yoroheje nko kugenda n’amaguru ifasha kongera intungamubiri mu bwonko.
    • Irinde ibiyobyabwenge n’inzoga
    • Kurikira gahunda y’ubuzima: kurya neza, gusinzira bihagije, n’ibindi
    • Komeza gukora ibyo ukunda nubwo waba utabishaka — bigufasha buhoro buhoro
  2. Impamvu iyi nkuru ikureba
    Ushobora kuba uri gukora neza ku kazi cyangwa mu ishuri, ukagira inshuti, ukagira umuryango, ariko wowe ubwawe ukaba uri kurwana intambara idafite izina. Ntutekereze ko agahinda k’igihe kirekire ari ibisanzwe. Ntukagumane ibintu wenyine. Depression ntiyica umubiri gusa — inasenya inzozi, icyerekezo, n’agaciro kawe.
    Icyo wakwitondera:
    Hari abantu bagerageza kwihanganira depression bonyine, ariko ukoresheje imbaraga z’abantu byagufasha, ushobora gukira. Ntibiteye isoni kuvuga ko utameze neza. Ni ubutwari.
    Reka nsoze mvuga nti
    “Kumenya ko ushobora kuba urwaye depression utabizi ni intambwe ya mbere yo kwiyitaho no gufasha n’abandi. Komeza kwitonda ku bimenyetso by’umutima wawe. Ubuzima bwawe burakomeye kurusha akazi, amashuri, cyangwa ibyo abandi bakuvugaho. Niba wumva hari ikitagenda neza mu mitekerereze yawe, ntukabiceceke — vuga, shaka ubufasha.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

In

Umuti uterwa kabiri mu mwaka urinda Sida ku kigero cya 99,9% ugiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Mu myaka irenga mirongo ine ishize, Virusi Itera Sida yabaye imwe mu ndwara zahinduye amateka y’Isi n’ubuzima bwa muntu. Yahitanye ubuzima bwa...

Read out all
In

Abasimburijwe impyiko bakabakaba 90, ababazwe umutima barenze 860: Ubuvuzi bw’u Rwanda mu 2025

Umwaka wa 2025, usize u Rwanda ruhagaze neza muri gahunda yo kwita ku magara y’Abaturarwanda, bikajyana no kuvura indwara zikomeye cyane ko...

Read out all
In

Kuri Noheli mu Rwanda havutse abana barenga 900

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko tariki ya 25 Ukuboza 2025, havutse abana 961 hirya no hino mu gihugu. Ni umubare munini ugereranyije n’umwaka...

Read out all
In

Abasaza mu karuhuko, Urubyiruko Nirwo Ruri Kurwana na Stress!

Mu myaka ya vuba, ikibazo cy’ihungabana n’agahinda mu rubyiruko cyafashe indi ntera. Nubwo isi igezweho yuzuyemo amahirwe menshi n’ikoranabuhanga rifasha mu mibereho,...

Read out all
In

Uburyo bworoshye bwo kugabanya stress buri wese yakwifashisha mu buzima bwa buri munsi

Mu buzima bwa buri munsi, stress ni kimwe mu bibazo abantu benshi bahura na cyo, yaba itewe n’akazi, ibibazo byo mu rugo,...

Read out all
In

Ibintu 5 byakwereka ko ushobora gupfa imburagihe uri munsi y’imyaka 35

 Hari ibintu bimwe na bimwe, iyo umuntu atabyitayeho, bishobora kumushyira mu byago byo gupfa imburagihe, cyane cyane hagati y’imyaka 18 na 35....

Read out all