×
In

Bukavu, Ku wa 5 Gicurasi 2025 — Emmanuel Birato, Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo, yagiriye uruzinduko ku rugomero rwa Ruzizi II ruherereye i Bukavu, aho yasuye ibikorwa by’ingenzi by’amashanyarazi bikomeje gufasha mu iterambere ry’akarere.

Mu butumwa yagejeje ku bayobozi n’abaturage bari aho, Guverineri Birato yatangaje gahunda nshya yo gushyira amatara yo ku mihanda mu duce twose tumaze kubohorwa n’ingabo za AFC/M23. Yavuze ko iyo gahunda igamije gukomeza kugarura umutekano no gutuma abaturage bisanzura mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Yagize ati: “Umutekano w’abaturage ni ishingiro ry’iterambere rirambye. Gushyira amatara ku mihanda bizafasha cyane mu kurwanya ibikorwa by’urugomo no gutuma ubucuruzi n’ubwikorezi bikorwa mu buryo butekanye, haba ku manywa no nijoro.”

Yongeyeho ko iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa ku bufatanye n’inzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’uturere, ingabo, Polisi ndetse n’ibigo bitanga serivisi z’amashanyarazi. Guverineri yasabye ko abaturage bazagira uruhare mu kurinda no kubungabunga ayo matara kugira ngo atange umusaruro wifuzwa.

Ibi birimo gukorwa mu gihe uturere twari tumaze igihe mu bibazo by’umutekano muke twagiye twongera kugarurwamo ituze nyuma yo kubohorwa n’ingabo za AFC/M23.

Abaturage bo mu duce dutandukanye twa Kivu y’Amajyepfo bakiriye aya makuru neza, bavuga ko kubonerwa amatara ku mihanda bizongera icyizere cyo gusubira mu buzima busanzwe no guteza imbere ubukungu bw’uturere twabo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

In

Inzego z’umutekano zatanze imyirondoro y’umugabo wafashwe yangize imodoka mu Mujyi wa Kigali

Inzego zishinzwe umutekano zatanze umwirondoro w’umugabo wafashwe videwo amenagura ibirahure by’imodoka mu Mujyi wa Kigali. Batangaje ko uyu ari umugabo w’imyaka 41...

Read out all
In

Umusore w’imyaka 19, yarohamye  muri Nyabarongo

Muhanga: Kwizera Emmanuel w’Imyaka 19 y’amavuko wari ushoreye inka ayijyanye mu isoko yarohamye mu mugezi wa Ngabarongo. Kwizera Emmanuel ni mwene Uwizeyimana...

Read out all
In

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa wa nyuma w’Umwami Yuhi V Musinga, yatabarutse afite imyaka 93

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda hagati y’umwaka wa 1896 na 1931, yatabarutse ku wa Mbere tariki...

Read out all
In

Col Rwagasana Sankara na Viviane Mukakizima bahawe imirimo mishya na Perezida Kagame.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagize Col Régis Rwagasana Sankara Umuyobozi Wungirije w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, mu gihe Viviane...

Read out all
In

Ingabire Marie Immaculée yitabye Imana ku myaka 64.

Ingabire Immaculée wari Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, umuryango urwanya ruswa n’akarengane, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane azize...

Read out all
In

Impamvu 5 Perezida Kagame akoresha Siporo mu kongera isura y’igihugu mu ruhando mpuzamahanga.

Mu gihe u Rwanda rukomeje kwigarurira umwanya ku rwego mpuzamahanga, siporo yabaye kimwe mu bikoresho by’ingenzi Perezida Paul Kagame akoresha mu kongera...

Read out all