×

Mu gihe umutwe wa AFC/M23 ukomeje kwegereza agace ka Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Hari ibikorwa bya gisirikare bigaragaza ubwiyongere bw’ingabo z’u Burundi muri ako gace, ibintu bamwe bafata nk’igikorwa cyo “gukora deployment iteye impungenge.”

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, mu minsi yashize yagaragaje imvugo yuje ubwoba ku bijyanye n’aho ibikorwa bya AFC/M23 bigana, by’umwihariko ku karere ka Uvira. Abo mu rwego rwa gisirikare bavuga ko nibaramuka bafashe icyemezo cyo kwinjira muri Uvira, byazaba bidatinze ko icyo gace kigwa mu maboko ya AFC/M23.

Raporo zaturutse muri ako karere zivuga ko hari ibitero biherutse kugabwa ku ngabo za AFC/M23 na Twirwaneho, byakozwe n’inyeshyamba za FDLR ndetse na Wazalendo zifatanyije n’ingabo z’u Burundi. Ibi bikorwa ni byo bivugwa ko byazamuye impungenge mu buyobozi bw’i Bujumbura, bitewe n’imbaraga zikomeje kwiyongera za AFC/M23 muri ako karere.

Abatuye Uvira ndetse n’abarwanyi ba AFC/M23 bazi neza imiterere y’akarere, bikaba bitanga amahirwe yisumbuye mu bijyanye n’imirwano mu gihe yaba itangiye. Ibi bikaba bishyira igitutu ku ngabo zifatanyije zirimo iza FDLR, Wazalendo, ndetse n’iza Leta y’u Burundi, kuko aho bigeze bigaragara ko imbaraga ziri guhangana zitangana.

Mu gihe hakomeje kugaragara ibikorwa byo kwitegura intambara mu buryo bugaragara, abasesenguzi b’umutekano barasaba impande zose gushyira imbere ibiganiro hagamijwe gukumira amakimbirane ashobora gukaza umurego mu burasirazuba bwa Congo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe n’ikiza cy’inkubi y’umuyaga yiswe ‘Melissa’ iherutse kucyibasira. Amakuru IGIHE ikesha...

Read out all

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 batorotse nyuma yo gutsindwa na M23, bari guhigwa.

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigishwa uruhindu n’inzego z’umutekano z’igihugu cyabo, bazira gutoroka akazi ka gisirikare nyuma yo kwirukanwa muri Repubulika...

Read out all

Rutaremara yashinje Tshisekedi kugura abanyamahanga bakamufasha gukora ‘Jenoside’

Umuyobozi w’Urubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda, Tito Rutaremara, yagaragaje ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, agura abanyamahanga kugira...

Read out all

Ingingo Abadepite bashingiyeho bemeza Itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda ryakuruye impaka

Ku wa 5 Mutarama 2026, Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda, icyemezo cyakiriwe n’impaka nyinshi mu baturage haba kuri...

Read out all

Yahungiye mu Rwanda nyuma yo gusambanywa n’abarenga 100: Agahinda k’uwandujwe Sida FDLR

Kenshi iyo havuzwe uburyo ubutegetsi bwa Repubulika Ihanaranira Demokarasi ya Congo bwimitse urwango ku Banye-Congo bavuga Ikinyarwanda cyane cyane Abatutsi, hari ababikerensa...

Read out all

Minisitiri Bizimana yasabye abantu kurwanya imvugo z’urwango n’iza politiki ishingiye ku ivanguramoko.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean-Damascène, yavuze ko hari abantu bayobowe n’urwango n’ivanguraruhu bagoreka nkana igisobanuro cy’ijambo “Ubwenge”, bakarihuza n’inabi,...

Read out all