×
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ismael Bimenyimana, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Muririmbire Uwiteka”, irimo ubutumwa bukomeye bwo gushishikariza abantu bose ku isi kuramya Imana no kuyitinya kuko ari yo nyiri ububasha bwose.

Iyo ndirimbo yasohotse ku wa 9 Nyakanga 2025, ikaba iri mu murongo w’ibihangano bye bisanzwe byibanda ku gukangurira abantu kubaho mu rukundo kandi bubaha Imana, binyuze mu ndirimbo zifite amagambo ameze nk’isengesho, afite ubutumwa bufatika kandi ashishikariza buri wese kugira ukwemera gukomeye.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Connect, Ismael Bimenyimana yagize ati: “Inganzo y’iyi ndirimbo nayikuye mu kwitegereza ubuhangange no gukomera kudasanzwe kw’Imana. Nahise mvuga nti: ‘Usumba byose ni we rudasumbwa,’ mpita nandika ngo ‘Muririmbire Uwiteka’. Ni indirimbo yo kuramya Imana kubera gukomera kwayo.”

Yongeraho ko ubutumwa burimo ari uko abari mu isi yose bakwiye kubaha, gukorera Uwiteka batinya kuko ari we nyiri ububasha n’ubuhanga buhambaye.

Ismael, usanzwe ari umunyamwuga mu bijyanye n’ubuvuzi, yavuze ko amaze imyaka myinshi akorera Imana, kandi ko indirimbo ye ya mbere yasohotse mu 2018. Iyi ndirimbo nshya yaje ari intangiriro y’urugendo rwe rumugejeje ahakomeye uyu munsi, kuko yatumye benshi bizera.

Abamukurikira bamumenyeye binyuze mu ndirimbo nka:

  • Yanyishyuriye (yarebwe kurusha izindi, inshuro ibihumbi birenga 11)
  • Niwe Gusa
  • Bizaba ari Umunezero ft Bosco Nshuti
  • Nkoraho Ijambo, I Will Sing, Duteze Ugutwi, n’izindi.

Ibi bihangano bimugaragaza nk’umuhanzi uhagaze neza mu mwuga wo kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, wubakiye ku nyigisho z’Ijambo ry’Imana.

Indirimbo Muririmbire Uwiteka yakozwe mu buryo bwa kinyamwuga n’ikipe ya Upper Room, aho:

  • Audio yakozwe na Boris
  • Video yayobowe na Musinga
  • Montage yakozwe na Ireney
  • Amafoto n’amashusho byakozwe na Church Media
  • Ahakorewe indirimbo: Upper Room Studio – Kacyiru

Mu butumwa yageneye abakunzi b’indirimbo ze, Ismael yagize ati: “Ndabasaba gukunda Yesu. Ibyo ni byo by’ingenzi mbere na mbere. Kandi mukomeze kungaragariza urukundo muri uyu murimo w’Imana kugira ngo ubutumwa bukomeze kugera kuri benshi.”

Yongeraho ko nyuma y’iyi ndirimbo nshya, hari izindi nziza ari gutegura azashyira hanze vuba, mu rwego rwo gukomeza umurimo yatangiye imyaka myinshi ishize

Bimenyimana Ismael yifuza kugeza ubutumwa kuri benshi binyuze mu ndirimbo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

AMAFOTO: ADEPR Ruyenzi iri kubaka urusengero rugezweho ruzatwara Miliyari 1 Frw.

Itorero rya ADEPR Ruyenzi, ryo mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda, riri kubaka urusengero rujyanye n’igihe ruzatwara Miliyari 1 y’amafaranga...

Read out all

Urugero Media Group yateguye “Worship Unplugged’ igitaramo cy’ihumure n’isanamutima”

Tariki ya 14 Nzeri 2025 ishobora kuba itariki y’amateka ku buzima bw’abazitabira igitaramo cyiswe Worship Unplugged. Ni igitaramo kitezweho gusiga benshi bacomotse...

Read out all

Rwanda Shima Imana 2025: Umwanya wo Gushimira no Kwibuka Imigisha y’Imana ku Banyarwanda

Mu mpera z’ukwezi kwa Kanama 2025, u Rwanda ruzongera guhuriza hamwe Abanyarwanda b’ingeri zose mu giterane cy’imbaraga cyiswe Rwanda Shima Imana 2025....

Read out all

Alicia na Germaine: Hamwe n’ubwoba bwa 666 kuri “Rugaba” bateguje iyitwa “Ndahiriwe”

Nyuma y’uko indirimbo yabo “Rugaba” imaze kurebwa kuri YouTube n’umubare w’abagera ku 666,000, ibintu byibukije bamwe umubare uvugwa muri Bibiliya nk’“umubare w’inyamaswa”...

Read out all

Burundi: Umunyamakuru Annick Mushimiyimana yihangiye inzira mu muziki wa Gospel

Uyu mukobwa asanzwe akorera kuri Radio RCF aho ari umunyamakuru (umumenyeshamakuru mu Kirundi) wungirije, ariko akaba anafite impano yo kuririmba indirimbo zo...

Read out all