×

Mu gihe benshi bibanze ku izina rya album no ku buhanga bw’abahanzi nyiri ubwite, Nel Ngabo na Platini P, hari byinshi bitavuzwe bihishe inyuma ya Vibranium.

Iyi album ifite umwihariko w’uko yubakiwe ku bufatanye n’urubyiruko rwigisha cyangwa rwigira umuziki ku Ishuri rya Muzika rya Nyundo, by’umwihariko abanyeshuri n’abarangije bahabwa amahirwe yo kugaragaza impano zabo.

Nk’uko Platini yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa 11 Nyakanga 2025, imwe mu ndirimbo z’iyi album zafatiwe muri studio za Nyundo, ahasanzwe hakorerwa imyitozo n’amasomo y’umuziki. Si aho gusa, ahubwo Platini yavuze ko abanyeshuri bayo bahawe amahirwe yo gutanga ibitekerezo no kugira uruhare mu miririmbire, mu byuma bya muzika, no mu gutunganya amajwi.

“Twifashishije abahanga bato bo muri Nyundo. Byari bikenewe ko n’urubyiruko rubona urubuga. Badufashije mu buryo butandukanye. Byatwigishije ko umuziki ari ubumwe, atari umuntu umwe gusa.”- Platini.

Nubwo album irimo amazina amenyerewe nka Butera Knowless, Mamba, na Da Rest, ibyavuzwe gake ni uko uyu mushinga wakoranywe n’abarenga 20 mu buryo bwa tekinike, harimo abatunganya amajwi, band, backing vocalists, n’abandi.

Producer Devydenko, washimangiwe na Ishimwe Clement wa Kina Music, yatangaje ko iyi ari imwe mu mishinga ikomeye yakoze, avuga ko byamusabye imbaraga, ubuhanga n’ubwitonzi kugira ngo yuzuze ibyo aba bahanzi bifuza.

Clement ati: “Devydenko yanyeretse ubuhanga budasanzwe, yarakoze ibintu biremereye. Iyi album nayo tuyifata nk’umushinga mugari. Turacyategura amashusho n’ibitaramo bizakurikiraho.”

Kina Music yemeje ko ibikorwa bijyanye na Vibranium byahaye akazi abantu benshi, barenga 20 mu by’itunganywa, ndetse abarenga 30 mu bijyanye no gufata amashusho, byerekana ko umuziki ushobora kuba n’ishingiro ry’imibereho y’abantu benshi.

Clement yavuze ko baganira n’abafatanyabikorwa mu Gihugu imbere no hanze yacyo ngo babashe gutegura ibitaramo bifasha abahanzi kubona amafaranga, ariko kandi bikagirira umumaro abakunzi babo.

“Turashaka ibitaramo bituma abafana babona abahanzi imbonankubone, ariko n’abahanzi bagashobora kwinjiza amafaranga. Umuziki ni umwuga, si impano gusa.”- Clement.

Umushinga wagizwemo uruhare n’abarenga 20

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

byiringirojea23@gmail.com

Related Posts

AMAFOTO: Lynda Priya witabiriye Miss Rwanda mu bihe bitandukanye yakoze ubukwe

Uwankusi Nkusi Lynda wamenyekanye ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye ariko akaza no kwamamara nka Lynda Priya muri sinema...

Read out all

Nta nshuti n’imwe dufite: Fille Mutoni ku bitera abahanzi agahinda gakabije

Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi...

Read out all

IShowSpeed arateganya gusura ingagi zo mu Birunga mu Rwanda

Umunyamerika umaze kuba icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, yatangaje ko mu rugendo ari kugirira mu bihugu bitandukanye muri Afurika, nagera mu Rwanda...

Read out all

Kutagira ‘permis’ no gufatanwa ibiyobyabwenge: Izindi ngingo zakomeje ikirego cya DJ Toxxyk

Kuva ku itariki 20 Ukuboza 2025, Arnold Ishimwe uzwi nka DJ Toxxyk ari mu maboko y’inzego z’umutekano aho ari gukorwaho iperereza rishingiye...

Read out all

Dosiye ya batanu barimo Prophet Joshua yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo abarimo Prophet Joshua bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Iguhugu. Umuvugizi wa RIB,...

Read out all

Abinyujije mu ndirimbo ye nshya yise ‘Indabo zanjye’ The Ben yasubije Bruce Melodie wari umaze iminsi amushotoye

The Ben atangira iyi ndirimbo ye nshya yivuga ibigwi, anirata uko ari umuhanzi ukomeye yagera hagati akibutsa Bruce Melodie ko ‘yakunze igisebo’...

Read out all