×

Ku wa 13 Nyakanga 2025, umuramyi Bosco Nshuti yanditse amateka mu gitaramo gikomeye yise Unconditional Love Season II, atangamo n’impano.

Ni igitaramo cyabereye muri Camp Kigali. Iki gitaramo cyabaye umwanya wo kumurika album ye ya kane yise “Ndahiriwe”, ndetse no kwizihiza imyaka 10 amaze akora umurimo w’Imana binyuze mu muziki.

Iki gitaramo cyahurije hamwe ibyamamare bikomeye mu muziki wa Gospel mu Rwanda barimo Israel Mbonyi, Aline Gahongayire, Theo Bosebabireba, Alex Dusabe, na Aime Uwimana wifatanyije na Bosco mu ndirimbo Ndashima, anizihiza imyaka 30 amaze mu muziki.

Mu gusoza igitaramo, Bosco yatanze Awards z’ishimwe ku bantu bamufashije mu rugendo rwe, barimo umugore we, Josue Shimwa wamufashije gutangira umuziki, Producer Bruce, korali New Melody na Siloam, ndetse n’ababyeyi be.

Pasiteri Hortense Mpazimaka yabwirije ijambo ryimbitse ku rukundo rudashira rw’Imana, agaragaza ko “Kristo yadupfiriye tukiri abanyabyaha” kandi ko Imana idukunda uko turi.

Bosco Nshuti yaririmbye indirimbo zirenga 15 zirimo Ndahiriwe, Ni muri Yesu, Yanyuzeho, Ndashima, na Ndumva Unyuzuye, zose zigaragaza icyerekezo gishya cy’umuziki ushingiye ku butumwa.

Iki gitaramo cyabaye igikorwa cy’amateka, gisiga Bosco ku rwego rwo hejuru mu bahanzi ba Gospel mu Rwanda, kinasiga ubutumwa bukomeye bwo kwatura urukundo rw’Imana rutagira imipaka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

byiringirojea23@gmail.com

Related Posts

AMAFOTO: ADEPR Ruyenzi iri kubaka urusengero rugezweho ruzatwara Miliyari 1 Frw.

Itorero rya ADEPR Ruyenzi, ryo mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda, riri kubaka urusengero rujyanye n’igihe ruzatwara Miliyari 1 y’amafaranga...

Read out all

Urugero Media Group yateguye “Worship Unplugged’ igitaramo cy’ihumure n’isanamutima”

Tariki ya 14 Nzeri 2025 ishobora kuba itariki y’amateka ku buzima bw’abazitabira igitaramo cyiswe Worship Unplugged. Ni igitaramo kitezweho gusiga benshi bacomotse...

Read out all

Rwanda Shima Imana 2025: Umwanya wo Gushimira no Kwibuka Imigisha y’Imana ku Banyarwanda

Mu mpera z’ukwezi kwa Kanama 2025, u Rwanda ruzongera guhuriza hamwe Abanyarwanda b’ingeri zose mu giterane cy’imbaraga cyiswe Rwanda Shima Imana 2025....

Read out all

Alicia na Germaine: Hamwe n’ubwoba bwa 666 kuri “Rugaba” bateguje iyitwa “Ndahiriwe”

Nyuma y’uko indirimbo yabo “Rugaba” imaze kurebwa kuri YouTube n’umubare w’abagera ku 666,000, ibintu byibukije bamwe umubare uvugwa muri Bibiliya nk’“umubare w’inyamaswa”...

Read out all

Burundi: Umunyamakuru Annick Mushimiyimana yihangiye inzira mu muziki wa Gospel

Uyu mukobwa asanzwe akorera kuri Radio RCF aho ari umunyamakuru (umumenyeshamakuru mu Kirundi) wungirije, ariko akaba anafite impano yo kuririmba indirimbo zo...

Read out all