×
In

Kuba umuntu akiri muto ntibivuze ko afite ubuzima burebure imbere ye. Hari ibintu 5 byakwereka ko ushobora gupfa imburagihe uri munsi y’imyaka 35.

 Hari ibintu bimwe na bimwe, iyo umuntu atabyitayeho, bishobora kumushyira mu byago byo gupfa imburagihe, cyane cyane hagati y’imyaka 18 na 35. Dore ibintu bitanu bikomeye bishobora kwerekana ko ubuzima bwawe buri mu kaga:

1. Kwizirika ku buzima bw’ubusinzi n’ibiyobyabwenge

Niba usigaye utekereza ko inzoga ari kimwe mu bigomba kukuranga, cyangwa utabasha kumara icyumweru udafashe ibiyobyabwenge, ubuzima bwawe bushobora kuba buri mu marembera. Inzoga nyinshi zongera ibyago byo kurwara impyiko, umwijima, indwara z’umutima, no gukora impanuka zica, cyane cyane uri muto.

2. Kubaho ubuzima bw’akajagari, nta gahunda, nta ntego

Niba ubuzima bwawe butagira umurongo, wumva nta cyo urwanira, nta n’inzozi ugenderaho, kandi uhora utembera nta cyo uharanira, uba uri mu byago bikomeye. Abantu babaho batagira gahunda, akenshi barirara, ntibite ku buzima, kandi biroroshye ko batungurwa n’ibibazo bikomeye, harimo n’impfu ziturutse ku kwiyahura, kurwara depression cyangwa guterwa n’ubwigunge bukabije.

3. Kutita ku buzima bwawe bwo mu mutwe

Kwirengagiza ibibazo byo mu mutwe, nk’agahinda gakabije, ihungabana cyangwa kwiheba, ni intandaro y’urupfu ruba rutaramenyekana, rutaragera igihe. Abenshi muri iki kigero barwana intambara y’imbere itagaragara, ariko ntibayivugaho. Iyo bibaye byinshi, bishobora gutuma umuntu afata ibyemezo bikabije, nko kwiyambura ubuzima.

4. Kurya nabi no kutita ku mubiri wawe

Niba uri munsi y’imyaka 35 ariko ukaba ufite ibiro byinshi cyane, ntukore siporo na rimwe, ukarya ibiryo byuzuyemo amavuta n’isukari nyinshi, ushobora kwibwira ko uri muzima nyamara uri kugana ku iherezo ritunguranye. Indwara z’umutima, diyabete, umuvuduko w’amaraso n’izindi zitunguranye zica abantu bataramara n’imyaka 40.

5. Kwigira “indahangarwa” no kwirengagiza ibyago

Abenshi mu rubyiruko bafite imyumvire yo kwiyumva nk’intwari zidapfa: bakanywa mbere yo gutwara imodoka, bagatwara moto batambaye ingofero, bakajya mu bintu bibashyira mu kaga batekereza ko “nta cyo bizabatwara.” Uko kwirara ni ko gutuma impanuka zica benshi, uburozi, ibicurane bikomeye, cyangwa kwijandika mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi bituma urubyiruko ruba mu ba mbere bapfa imburagihe.

Uri munsi y’imyaka 35? Ntugatinye kwisuzuma! Niba hari kimwe cyangwa byinshi muri ibi bikurimo, ihangane uhindure ubuzima bwawe. Igihe cyo kubaho ubuzima bufite intego, bunoze kandi bwitondewe ni iki. Guhindura imyumvire yawe uyu munsi bishobora kuba ari byo bizakurokora ejo.

“Ntibizakubera igitangaza igihe uzumva ngo umuntu uri munsi y’imyaka 35 yapfuye nk’uwurenze 80, bitewe w’uburangare bwe.” — Iteka ry’Imana riracyari ryo: “Uzaramba, nuramya kandi ukubaha.”

Irinde ibiri kuri iyi foto

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

byiringirojea23@gmail.com

Related Posts

In

Umuti uterwa kabiri mu mwaka urinda Sida ku kigero cya 99,9% ugiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Mu myaka irenga mirongo ine ishize, Virusi Itera Sida yabaye imwe mu ndwara zahinduye amateka y’Isi n’ubuzima bwa muntu. Yahitanye ubuzima bwa...

Read out all
In

Abasimburijwe impyiko bakabakaba 90, ababazwe umutima barenze 860: Ubuvuzi bw’u Rwanda mu 2025

Umwaka wa 2025, usize u Rwanda ruhagaze neza muri gahunda yo kwita ku magara y’Abaturarwanda, bikajyana no kuvura indwara zikomeye cyane ko...

Read out all
In

Kuri Noheli mu Rwanda havutse abana barenga 900

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko tariki ya 25 Ukuboza 2025, havutse abana 961 hirya no hino mu gihugu. Ni umubare munini ugereranyije n’umwaka...

Read out all
In

Abasaza mu karuhuko, Urubyiruko Nirwo Ruri Kurwana na Stress!

Mu myaka ya vuba, ikibazo cy’ihungabana n’agahinda mu rubyiruko cyafashe indi ntera. Nubwo isi igezweho yuzuyemo amahirwe menshi n’ikoranabuhanga rifasha mu mibereho,...

Read out all
In

Uburyo bworoshye bwo kugabanya stress buri wese yakwifashisha mu buzima bwa buri munsi

Mu buzima bwa buri munsi, stress ni kimwe mu bibazo abantu benshi bahura na cyo, yaba itewe n’akazi, ibibazo byo mu rugo,...

Read out all
In

Mu gihugu cya Tanzania, habonetse umuntu wa mbere wanduye indwara ya Marburg.

Ibi byemejwe na Perezida wa Tanzaniya, ariwe Samia Suluhu Hassan, nyuma y’uko isuzuma ry’ibizamini byakorewe mu karere ka Biharamulo ryemeje ko hari umuntu wanduye...

Read out all