×

Francis Taulula, w’imyaka 27 ukomoka mu gace ka Pallisa mu Burasirazuba bwa Uganda, yafunzwe imyaka ibiri nyuma yo kugaragara ko yabeshye ko ari umuganga, akabaga abarwayi batatu bikabaviramo urupfu.

Ubwo yagezwaga imbere y’Urukiko rwa Buganda, Francis yemeye ko yakoresheje impamyabumenyi z’impimbano kugira ngo agaragaze ko yize ubuvuzi. Yabeshyaga ko yize muri Kaminuza ya Mount Kenya na Gulu University.

Nyuma yo kwerekana ibyo byangombwa bitari ukuri, yahawe amahirwe yo kwimenyereza umwuga mu bitaro bya Hoima muri Uganda, aho yakoreye umwaka umwe n’iminsi 15.

Muri icyo gihe, yakoreye abarwayi serivisi zitandukanye z’ubuvuzi, zirimo no kubaga, haba ibyoroheje n’ibikomeye, nubwo atari afite ubumenyi buhagije. Ibi byatumye abarwayi batatu bapfa kubera amakosa yakoze.

Taulula yemeye ibyaha byose nyuma yo gutahurwa, avuga ko impamyabumenyi n’ibyangombwa byerekanaga ko yize ubuvuzi byose ari ibihimbano.

Kubera ko yemeye ibyaha kandi asaba imbabazi, urukiko rwamukatiye igifungo cy’imyaka ibiri, rumusaba kandi kwishyura amafaranga angana na miliyoni 21.6 z’amashilingi ya Uganda, nk’indishyi ku Leta yari imwishyuye ubwo yafatwaga nk’umuntu uri kwimenyereza umwuga w’ubuvuzi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Miliyoni 21 z’abaturage ba Uganda bitabiriye amatora Museveni ahanganyemo na Bobi Wine.

Abanya-Uganda barenga miliyoni 21 kuri uyu munsi baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ategerejwemo kumenya niba Perezida Yoweri Kaguta Museveni w’imyaka 81 azegukana...

Read out all

Ndayishimiye yongeye gusubiramo inyikirizo imwe ku bibazo by’u Burundi n’u Rwanda, yibasira na Amerika

Mu gihe ashinja u Rwanda gufata RED Tabara, mu bihe bitandukanye abarwanyi b’uyu mutwe bagiye bafatirwa mu Rwanda, bagasubijwe u Burundi. Muri...

Read out all

Leta ya RDC ikomeje gushakisha urwitwazo rwo kudasenya FDLR

Mu gihe amezi abaye menshi Abanyarwanda n’Abanye-Congo bategereje ko ibikorwa byo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR bitangira, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Read out all

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 batorotse nyuma yo gutsindwa na M23, bari guhigwa.

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigishwa uruhindu n’inzego z’umutekano z’igihugu cyabo, bazira gutoroka akazi ka gisirikare nyuma yo kwirukanwa muri Repubulika...

Read out all

Hafi y’ibiro bya Perezida wa Venezuela humvikanye urusaku rw’amasasu

Mu Murwa Mukuru wa Venezuela, Caracas, hafi y’ibiro bya perezida, humvikanye urusaku rw’amasasu menshi mu gihe ibintu muri icyo gihugu bitarafata umurongo....

Read out all

Tshisekedi wateye umugongo ibiganiro bya Doha ashaka ko haba ibishya bya Luanda

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, ashaka ko hatangira ibiganiro bishya bya Luanda, mu gihe akomeje gutera umugongo ubuhuza...

Read out all