×

Netanyahu yatangaje ko ‘Hamas iri bushorweho intambara kuko ‘itifuza kumvikana’, bityo we akaba yifuza kubohora imbohe hakoreshejwe igisirikare

Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu, yasohoye videwo ku Cyumweru nijoro asubiza ku burakari bwatewe n’amashusho yashyizwe ahagaragara na Hamas, agaragaza imbohe Rom Braslavski na Evyatar David bari mu buzima bumeze nabi cyane, bafite isura y’abantu bameze nk’abashonjeshejwe bikabije.

Mu butumwa bwe, Netanyahu yavuze ko Hamas “itifuza kumvikana” (deal), ahubwo “ishaka gusenya.”

“Baturage b’igihugu cyanjye, nanjye naratunguwe. Nabonye amashusho ateye ubwoba y’abana bacu, Rom na Evyatar. Mwabonye ko bari babohewe mu mwijima, bashonje cyane.”

Netanyahu yavuze ko afite umuhate wo gukoresha uburyo bwose bushoboka kugira ngo abo bana babohozwe, Hamas irandurwe, kandi Gaza itazongera kuba ikibazo ku mutekano wa Isiraheli.

Netanyahu ashobora gukoresha igisirikare

Amakuru yaturutse ku muntu wa hafi muri politiki (utavuze izina rye) yabwiye ibitangazamakuru bikoresha Igiheburayo ko Netanyahu ashaka gukoresha “umwanzuro wa gisirikare” kugira ngo abo bantu babohorwe.

Uwo muntu yavuze ati: “Turi mu biganiro n’Abanyamerika. Harimo kwumvikana ko Hamas itari mu murongo wo kumvikana, bityo Minisitiri w’Intebe agashyigikira icyemezo cyo gukoresha igisirikare.”

Ubu buryo bwo gukoresha ingufu ngo bushobora kujyana no kugeza ubufasha bwa kibHumanitaire (humanitarian aid) mu bice bitarimo imirwano cyangwa aho Hamas idafite ububasha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Afurika y’Epfo igiye gukura ingabo zayo muri MONUSCO

Guverinoma ya Afurika y’Epfo mu itangazo yasohoye muri iki gitondo yatangaje ko igiye gukura ingabo zayo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga...

Read out all

Ubuyapani: Umugabo yarusimbutse ubwo bashakaga kumwica bamuhora kugona

Mu Buyapani, umusore w’imyaka 18, akaba umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akurikiranyweho gushyira uburozi mu byo kurya bya...

Read out all

U Burusiya bwambuye ingabo za Ukraine uduce 32

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burusiya, Valery Gerasimov, yatangaje ko ingabo z’icyo gihugu zigaruriye uduce 32 mu kwezi k’Ukuboza mu ntambara zihanganyemo n’ingabo...

Read out all

Muri Kazakhstan Abadepite batoye itegeko ribuza icengezamatwara ry’abaryamana bahuje ibitsina

Inteko Ishinga Amategeko ya Kazakhstan, yatoye itegeko ribuza icengezamatwara ry’imyemerere y’abaryamana bahuje ibitsina, rikorwa hifashishijwe itangazamakuru na internet, hagamijwe kurinda abana amakuru...

Read out all

Impanuka yabereye muri Kenya, yahitanye abantu.

Impanuka y’indege ya gisivili yahitanye abantu 12 biganjemo ba mukerarugendo muri Kenya. Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,...

Read out all

Zelensky ashaka kwitabira ibiganiro bya Trump na Putin atatumiwemo

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko yiteguye kwitabira inama izahuza Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe...

Read out all