×

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi ku wa 5 Nyakanga 2025 yaraye ashyizeho abagize Guverinoma nshya iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Nestor Ntahontuye, wasimbuye Lt Gen (Rtd) Gervais Ndirakobuca.

Guverinoma ya Ndirakobuca yari igizwe n’abaminisitiri 15 gusa Perezida Ndayishimiye yayigabanyijeho babiri, anahindura amazina ya Minisiteri zimwe na zimwe bitewe n’uko hari izahurijwemo inshingano.

Alain Tribert Mutabazi wari Minisitiri w’Ingabo n’abahoze ari abasirikare kuva muri Kamena 2020 yasimbujwe Marie Chantal Nijimbere, Martin Niteretse usigaye ari umudepite asimburwa na Gen Maj Leonidas Ndaruzaniye muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere.

Ambasaderi Edouard Bizimana yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubufatanye n’Akarere, asimbuye Ambasaderi Albert Shingiro wari muri uyu mwanya kuva muri Kamena 2020.

Arthémon Katihabwa yagizwe Minisitiri w’Ubutabera, Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu n’Iterambere ridaheza, asimbuye Domine Banyankimbona wari muri iyi nshingano kuva mu 2022.

Lt Gen Gabriel Nizigama yagizwe Minisitiri w’Imirimo, Abakozi ba Leta n’Ubwiteganyirize. Muri Nzeri 2022, yari yarirukanywe ku mwanya w’Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida Ndayishimiye, ashinjwa kunyereza umutungo w’igihugu.

Nizigama ni umwe mu bakekwagaho kwifatanya na Gen Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva mu 2020 kugeza mu 2022 mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Ndayishimiye.

Guverinoma nshya igiyeho mu gihe u Burundi bwugarijwe n’ibibazo byinshi, cyane cyane mu bukungu ndetse no mu mibereho y’abaturage, biturutse ahanini ku ibura ry’amadovize ndetse n’ibikomoka kuri peteroli.

Banki y’Isi igaragaza ko umusaruro mbumbe w’u Burundi wari kuri miliyari 2,65 z’Amadolari mu 2020 ubwo Ndayishimiye yajyaga ku butegetsi, mu 2024 ugera kuri miliyari 2,16 z’Amadolari.

Gabriel Nizigama yongeye kugirirwa icyizere nyuma yo gukurikiranwa n’ubutabera
Ambasaderi Edouard Bizimana yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga
Guverinoma nshya iyobowe na Nestor Ntahontuye igaragaramo abaminisitiri bashya benshi
Gen Maj Ndaruzaniye yagizwe Minisitiri w’Umutekano w’Imbere

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Miliyoni 21 z’abaturage ba Uganda bitabiriye amatora Museveni ahanganyemo na Bobi Wine.

Abanya-Uganda barenga miliyoni 21 kuri uyu munsi baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ategerejwemo kumenya niba Perezida Yoweri Kaguta Museveni w’imyaka 81 azegukana...

Read out all

Ndayishimiye yongeye gusubiramo inyikirizo imwe ku bibazo by’u Burundi n’u Rwanda, yibasira na Amerika

Mu gihe ashinja u Rwanda gufata RED Tabara, mu bihe bitandukanye abarwanyi b’uyu mutwe bagiye bafatirwa mu Rwanda, bagasubijwe u Burundi. Muri...

Read out all

Leta ya RDC ikomeje gushakisha urwitwazo rwo kudasenya FDLR

Mu gihe amezi abaye menshi Abanyarwanda n’Abanye-Congo bategereje ko ibikorwa byo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR bitangira, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Read out all

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 batorotse nyuma yo gutsindwa na M23, bari guhigwa.

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigishwa uruhindu n’inzego z’umutekano z’igihugu cyabo, bazira gutoroka akazi ka gisirikare nyuma yo kwirukanwa muri Repubulika...

Read out all

Hafi y’ibiro bya Perezida wa Venezuela humvikanye urusaku rw’amasasu

Mu Murwa Mukuru wa Venezuela, Caracas, hafi y’ibiro bya perezida, humvikanye urusaku rw’amasasu menshi mu gihe ibintu muri icyo gihugu bitarafata umurongo....

Read out all

Tshisekedi wateye umugongo ibiganiro bya Doha ashaka ko haba ibishya bya Luanda

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, ashaka ko hatangira ibiganiro bishya bya Luanda, mu gihe akomeje gutera umugongo ubuhuza...

Read out all