×

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yagize Lydia Nsekera Minisitiri w’Urubyiruko, Siporo n’umuco asimbuye Abayeho Gervais wari kuri uwo mwanya kuva muri Ukwakira 2023.

Nsekera yahawe inshingano nshya ku wa 5 Kanama 2025 muri Guverinoma nshya iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Nestor Ntahontuye muri manda y’imyaka itanu.

Nsekera n’umwe bagore bafite izina rikomeye muri Siporo y’u Burundi aho yayoboye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri iki gihugu guhera mu mwaka wa 2004 kugeza mu 2013.

Muri Kamena 2012 yabaye umugore wa mbere ku Isi winjiye muri Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).

Nsekera yari asazwe ari Perezida wa Komite Olempike y’u Burundi, yabaye n’Umuyobozi muri Komite mpuzamahanga ya Olempike mu bagore.

 Lydia Nsekera yagizwe Minisitiri w’Urubyiruko, Siporo n’umuco

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Miliyoni 21 z’abaturage ba Uganda bitabiriye amatora Museveni ahanganyemo na Bobi Wine.

Abanya-Uganda barenga miliyoni 21 kuri uyu munsi baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ategerejwemo kumenya niba Perezida Yoweri Kaguta Museveni w’imyaka 81 azegukana...

Read out all

Ndayishimiye yongeye gusubiramo inyikirizo imwe ku bibazo by’u Burundi n’u Rwanda, yibasira na Amerika

Mu gihe ashinja u Rwanda gufata RED Tabara, mu bihe bitandukanye abarwanyi b’uyu mutwe bagiye bafatirwa mu Rwanda, bagasubijwe u Burundi. Muri...

Read out all

Leta ya RDC ikomeje gushakisha urwitwazo rwo kudasenya FDLR

Mu gihe amezi abaye menshi Abanyarwanda n’Abanye-Congo bategereje ko ibikorwa byo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR bitangira, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Read out all

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 batorotse nyuma yo gutsindwa na M23, bari guhigwa.

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigishwa uruhindu n’inzego z’umutekano z’igihugu cyabo, bazira gutoroka akazi ka gisirikare nyuma yo kwirukanwa muri Repubulika...

Read out all

Hafi y’ibiro bya Perezida wa Venezuela humvikanye urusaku rw’amasasu

Mu Murwa Mukuru wa Venezuela, Caracas, hafi y’ibiro bya perezida, humvikanye urusaku rw’amasasu menshi mu gihe ibintu muri icyo gihugu bitarafata umurongo....

Read out all

Tshisekedi wateye umugongo ibiganiro bya Doha ashaka ko haba ibishya bya Luanda

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, ashaka ko hatangira ibiganiro bishya bya Luanda, mu gihe akomeje gutera umugongo ubuhuza...

Read out all