×

Annick Mushimiyimana, umwari w’imyaka 21 ukomoka mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi, ni umwe mu rubyiruko rukomeje kwigaragaza mu muziki wa Gospel ndetse no mu itangazamakuru.

Uyu mukobwa asanzwe akorera kuri Radio RCF aho ari umunyamakuru (umumenyeshamakuru mu Kirundi) wungirije, ariko akaba anafite impano yo kuririmba indirimbo zo guhimbaza Imana.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Connect, Annick yatangaje ko ari mu rugendo rwo kwihangira umurimo mu muziki ku giti cye, nyuma yo gutangira ari kumwe n’abandi. Kuri ubu amaze gusohora indirimbo zitandukanye ndetse akanakora cover z’indirimbo zamenyekanye, nk’iza Peace Hozy, ku buryo yizera ko bizamufasha kwagura izina rye mu gihugu no hanze yacyo.

Yagize ati: “Intego mfite ni ukubaka izina rikomeye mu muziki wa gospel, nkagira uruhare mu guteza imbere igihugu cyanjye biciye mu ijwi ryanjye.”

Ariko, urugendo rwe ntirworoshye. Annick asobanura ko kimwe mu bibazo bikomeye abahanzi b’i Burundi bahura na byo ari ukutitabwaho n’inzego cyangwa abafatanyabikorwa bashobora guteza imbere impano. Yagize ati: “Mu Burundi ntibaha agaciro ibintu vy’impano kugira ngo zigaragare nk’uko mbibona mu Rwanda. Ibyo bigira ingaruka ku iterambere ry’abahanzi.”

Annick Mushimiyimana ni umunyamuryango w’Itorero ry’Abadivantiste b’Umunsi wa Karindwi. Mu rugendo rwe afashwa cyane n’umwe mu bahanzi bagenzi be, Zebulon Kuzoryimana, wamubereye umujyanama ndetse akamushishikariza kudacogora.

Nubwo akiri muto, amaze kugira ibikorwa by’indashyikirwa byatumye atangira kumenyekana ku mbuga nkoranyambaga no kuri YouTube, aho indirimbo ze zigaragara. Afite icyizere ko mu bihe biri imbere azaba umwe mu bahanzi b’abaririmbyi bakomeye ku rwego mpuzamahanga.

Annick yasoje agira ati: “Ndifuza gukomeza kwagura impano yanjye, kandi nizeye ko Imana izakomeza kunshyigikira mu rugendo rwanjye.”

Iyi ni imwe mu ndirimbo ze ku giti cye zakunzwe. Yayikoranye na Cyntia, wakumva ubuhanga bwe:

Annick ni umukobwa ufitiye umumaro munini umuziki wa Gospel na Gospel muri rusange mu gihugu cy’u Burundi
Annick w’imyaka 21 ahamya ko nta bundi buryo yageza ubutumwa ku isi hose adakoresheje ijwi rye ryiza
Ubuhanga n’ubushake bwo kwamamaza ubutumwa bwiza bisobanuye Annick

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

byiringirojea23@gmail.com

Related Posts

AMAFOTO: ADEPR Ruyenzi iri kubaka urusengero rugezweho ruzatwara Miliyari 1 Frw.

Itorero rya ADEPR Ruyenzi, ryo mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda, riri kubaka urusengero rujyanye n’igihe ruzatwara Miliyari 1 y’amafaranga...

Read out all

Urugero Media Group yateguye “Worship Unplugged’ igitaramo cy’ihumure n’isanamutima”

Tariki ya 14 Nzeri 2025 ishobora kuba itariki y’amateka ku buzima bw’abazitabira igitaramo cyiswe Worship Unplugged. Ni igitaramo kitezweho gusiga benshi bacomotse...

Read out all

Rwanda Shima Imana 2025: Umwanya wo Gushimira no Kwibuka Imigisha y’Imana ku Banyarwanda

Mu mpera z’ukwezi kwa Kanama 2025, u Rwanda ruzongera guhuriza hamwe Abanyarwanda b’ingeri zose mu giterane cy’imbaraga cyiswe Rwanda Shima Imana 2025....

Read out all

Alicia na Germaine: Hamwe n’ubwoba bwa 666 kuri “Rugaba” bateguje iyitwa “Ndahiriwe”

Nyuma y’uko indirimbo yabo “Rugaba” imaze kurebwa kuri YouTube n’umubare w’abagera ku 666,000, ibintu byibukije bamwe umubare uvugwa muri Bibiliya nk’“umubare w’inyamaswa”...

Read out all

Hasigaye iminsi mike ngo “Himbaza Imana Live Concert” ya Tuyisenge Jeannette ihuze abaramyi n’abakozi b’Imana bakunzwe mu Rwanda

 Iki giterane giteganyijwe kubera mu rusengero rwa EAR Gitarama (Siyoni), guhera Saa Tatu za mu gitondo kugeza Saa Munani z’amanywa. Jeannette Tuyisenge,...

Read out all