×

New City Family Choir, imwe mu makorali akunzwe cyane mu Ntara y’Amajyaruguru, yamaze gutegura igitaramo gikomeye kizabera mu Mujyi wa Kigali ku wa 30 Kanama 2025.

Iki gitaramo cyiswe “Let it Shine Powerful Concert” kizabera mu rusengero rwa Kigali Bilingual Church SDA ruherereye i Remera.

Mu kiganiro na Kigali Connect, Bwana Fikiri Jayden Uwimana, umwe mu bayobozi ba New City Family Choir, yavuze ko iki ari igitaramo cy’amateka kuri iyi korali imaze imyaka irenga 20 ikora umurimo w’ivugabutumwa.

Yagize ati:“Turasaba Abanyarwanda bose, by’umwihariko abo mu Mujyi wa Kigali, kuzaza kwifatanya natwe. Twiteguye kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo no kubohora imitima. Turashaka ko iki gitaramo kiba igisubizo mu buzima bw’abantu benshi.”

Uretse guhuriza hamwe amakorali n’abakunzi b’umuziki wa Gikristo, iki gitaramo kizatangirizwamo kandi gahunda yo gukusanya inkunga izafasha mu kubaka Guest House ndetse n’urusengero rwa etaje ruzubakwa ku Itorero rya Ruhanga SDA, ari na ho iyi korali isanzwe ibarizwa.

Korali izafatanya n’amakorali akomeye yo muri Kigali

New City Family Choir ntabwo izaba iri yonyine, kuko izifatanya n’amakorali akomeye yo mu Mujyi wa Kigali arimo: Adonai Family Choir, Abahamya ba Yesu Choir, Abanyamugisha Choir, Halleluiah Family Choir ndetse na Ababwirizabutumwa Choir. Kwinjira muri iki gitaramo ni ubuntu.

Amavu n’amavuko ya New City Family Choir

New City Family Choir yatangiye mu mwaka wa 2002 ishinginzwe n’urubyiruko rw’abasore batandatu. Nyuma yaje kwiyunga n’urundi rubyiruko rw’abakobwa baririmbaga muri chorale Abajyana na Yesu. Mu mwaka wa 2004 ni bwo yahinduye izina yitwa New City Family Choir.

Iyi korali ikorera umurimo mu nzego zitandukanye z’itorero nka JIA, MIFEM Ubutabazi, Temperance n’izindi. Yagiye yamamara cyane mu ndirimbo zirimo: “Bucece”, “Biremera”, “Igitambo”, “Impanda”, “Igihugu” n’izindi nyinshi.

Mu gihe yitegura iki gitaramo cyo ku wa 30 Kanama 2025 i Kigali, New City Family Choir ikomeje kwiyemeza gukoresha umuziki n’ubutumwa bwayo mu gufasha abantu kwegera Imana no gushyigikira ibikorwa bigamije guteza imbere itorero n’Igihugu muri rusange.

New City Family Choir, iri mu makorali akunzwe cyane mu Ntara y’Amajyaruguru, ikaba yamaze gutegura igitaramo gikomeye kizabera mu Mujyi wa Kigali ku wa 30 Kanama 2025.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Imbangukiragutabara zaciwe miliyoni 46Frw kubera gukora impanuka nta bwishingizi

Umwaka ushize wa 2025, imodoka esheshatu zitwara abarwayi zizwi nk’imbangukiragutabara zaciwe amafaranga Miliyoni 45.6Frw kubera gukora impanuka zidafite ubwishingizi bw’ibinyabiziga. Nibakure Florence...

Read out all

APR FC yasangiye n’abakomeye nyuma yo kugarika Rayon Sports

Nyuma yo utsinda Rayon Sports ibitego 4-1 mu mukino wa Super Coupe 2025, abakinnyi b’ikipe y’Ingabo basangiye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,...

Read out all

Abagabo bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikubye karindwi mu mwaka umwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyagaragaje ko umubare w’abagabo bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikamenyekana bavuye kuri 349 mu 2023 bagera kuri 2748...

Read out all

Djihad n’abo bareganwa batakambiye urukiko barusaba kubarekura by’agateganyo

Kuri uyu wa 29 Ukuboza 2025 ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, haburanishirijwe urubanza rw’Ubujurire Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad n’abo bareganwa baburanaga...

Read out all

Ni umujyi urabagirana: Kigali yitegura kwizihiza Noheli n’Ubunani twabateguriye Amafotomeza

Iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani iri mu ya mbere yizihizwa na benshi ku Isi ku buryo imyiteguro yayo itangira kugaragara na mbere...

Read out all

Rusizi: Yabyutse asanga inzu bayitoboye bamwiba ibirimo televiziyo

Ngoboka Joël utuye mu Mudugudu wa Makambi, Akagari ka Karenge,Umurenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi ubwo yari abyutse saa kumi n’imwe...

Read out all