×

Umuramyi Patrick Maz, murumuna wa Aimé Frank, yamaze gushyira hanze indirimbo ye ya mbere ku giti cye yise “Niringiye”.

Ni nyuma y’uko agaragaye mu ndirimbo “Nzahora ngushima” yahuje umuryango wabo uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho ijwi rye ryakunzwe na benshi bakamusaba gutangira urugendo rwe bwite mu muziki.

Patrick avuga ko iyi ndirimbo yamujemo ubwo yari mu rusengero. Yumvise inyigisho ku nsanganyamatsiko ivuga ko impanda y’Uwiteka izavuga abantu bose bakayumva, ndetse n’abazaba bari mu bituro bakazuka bagasanganira Umwami.

Avuka mu muryango w’abaramyi barimo Aimé Frank, kandi avuga ko bitamugoye gukora umuziki kuko bakunze gufatanya. Yongeraho ko atazigera akurikira amafaranga ngo ayoboke iby’isi, kuko kuramya Imana ari bwo buzima bwe.

Indirimbo “Niringiye” yasohotse mu majwi n’amashusho, kandi ni intangiriro y’urugendo rushya rw’umuramyi Patrick Maz. Yirebe kuri YouTube:

Aime Frank ni mukuru wa Patrick Maz
Patrick Maz, akaba murumuna wa Aimé Frank yashyize hanze indirimbo ya mbere yise “Niringiye”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Imbangukiragutabara zaciwe miliyoni 46Frw kubera gukora impanuka nta bwishingizi

Umwaka ushize wa 2025, imodoka esheshatu zitwara abarwayi zizwi nk’imbangukiragutabara zaciwe amafaranga Miliyoni 45.6Frw kubera gukora impanuka zidafite ubwishingizi bw’ibinyabiziga. Nibakure Florence...

Read out all

APR FC yasangiye n’abakomeye nyuma yo kugarika Rayon Sports

Nyuma yo utsinda Rayon Sports ibitego 4-1 mu mukino wa Super Coupe 2025, abakinnyi b’ikipe y’Ingabo basangiye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,...

Read out all

Abagabo bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikubye karindwi mu mwaka umwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyagaragaje ko umubare w’abagabo bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikamenyekana bavuye kuri 349 mu 2023 bagera kuri 2748...

Read out all

Djihad n’abo bareganwa batakambiye urukiko barusaba kubarekura by’agateganyo

Kuri uyu wa 29 Ukuboza 2025 ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, haburanishirijwe urubanza rw’Ubujurire Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad n’abo bareganwa baburanaga...

Read out all

Ni umujyi urabagirana: Kigali yitegura kwizihiza Noheli n’Ubunani twabateguriye Amafotomeza

Iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani iri mu ya mbere yizihizwa na benshi ku Isi ku buryo imyiteguro yayo itangira kugaragara na mbere...

Read out all

Rusizi: Yabyutse asanga inzu bayitoboye bamwiba ibirimo televiziyo

Ngoboka Joël utuye mu Mudugudu wa Makambi, Akagari ka Karenge,Umurenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi ubwo yari abyutse saa kumi n’imwe...

Read out all