×

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego byatangajwe n’ibiro bya Komiseri Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe uburenganzira bwa muntu, byashinje ingabo z’u Rwanda gufasha umutwe wa M23 mu kugira uruhare mu bwicanyi bwabereye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu duce twa Binza na Rutshuru.

Rutshuru muri DRC

Ni ibirego kandi bihuriweho n’Umuryango Human Rights Watch ndetse n’Ibiro bihuriweho na Loni bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (UNJHRO), u Rwanda rugashimangira ko biteza urujijo aho gutanga ibisubizo ndetse ko iperereza ridafite aho ribogamiye ari ryo rizagaragaza ukuri kuri ibyo birego.

U Rwanda ruvuga ko Umuryango Human Rights Watch usanzwe ufite amateka mabi ashingiye ku birego bidafite ishingiro bihora bishinja u Rwanda, akenshi ugasanga bikorwa mu bihe by’ingenzi kuri Politiki, by’umwihariko aho muri iki gihe impande zirebwa n’amakimbirane muri DRC zitegura gusubira mu biganiro.

Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga rivuga ko ibi birego bigira ingaruka kandi no mu ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemezo by’amasezerano y’amahoro yo ku ya 27 Kamena 2025, akubiyemo no kurandura burundu umutwe w’Abajenosideri wa FDLR ushyigikiwe na DRC, ukaba ishingiro ry’amakimbirane ndetse n’ihohoterwa mu Burasirazuba bwa DRC.

U Rwanda rukomeza ruvuga ko rwibanda ku bikorwa bigamije guharanira amahoro arambye, umutekano n’iterambere mu karere k’ibiyaga bigari, binyuze mu gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro ya Washington DC no gushyigikira inzira ya Doha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe n’ikiza cy’inkubi y’umuyaga yiswe ‘Melissa’ iherutse kucyibasira. Amakuru IGIHE ikesha...

Read out all

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 batorotse nyuma yo gutsindwa na M23, bari guhigwa.

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigishwa uruhindu n’inzego z’umutekano z’igihugu cyabo, bazira gutoroka akazi ka gisirikare nyuma yo kwirukanwa muri Repubulika...

Read out all

Rutaremara yashinje Tshisekedi kugura abanyamahanga bakamufasha gukora ‘Jenoside’

Umuyobozi w’Urubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda, Tito Rutaremara, yagaragaje ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, agura abanyamahanga kugira...

Read out all

Ingingo Abadepite bashingiyeho bemeza Itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda ryakuruye impaka

Ku wa 5 Mutarama 2026, Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda, icyemezo cyakiriwe n’impaka nyinshi mu baturage haba kuri...

Read out all

Yahungiye mu Rwanda nyuma yo gusambanywa n’abarenga 100: Agahinda k’uwandujwe Sida FDLR

Kenshi iyo havuzwe uburyo ubutegetsi bwa Repubulika Ihanaranira Demokarasi ya Congo bwimitse urwango ku Banye-Congo bavuga Ikinyarwanda cyane cyane Abatutsi, hari ababikerensa...

Read out all

Minisitiri Bizimana yasabye abantu kurwanya imvugo z’urwango n’iza politiki ishingiye ku ivanguramoko.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean-Damascène, yavuze ko hari abantu bayobowe n’urwango n’ivanguraruhu bagoreka nkana igisobanuro cy’ijambo “Ubwenge”, bakarihuza n’inabi,...

Read out all