×

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, AY yatangaje ko kuva ku wa 12 Nzeri 2025 iyi filime izatangira gutambuka kuri Netflix, ibyashimishije bikomeye Alliah Cool.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga akimenya aya makuru, Alliah Cool yagize ati “Eeeeeeehhh Imana ni nziza buri gihe.”

Iyi filime yagiye hanze mu mpera z’umwaka ushize, yerekanywe bwa mbere i Kigali muri Mutarama 2025, mu birori byitabiriwe na Alliah Cool wanayikinnyemo.

‘The waiter’ ni filime ishingiye ku nkuru y’ibyihebe bishimuta hoteli irimo kuberamo inama ndetse yari yanitabiriwe na Minisitiri ushinzwe Iterambere muri Nigeria.

Alliah Cool uba ari umurinzi w’uyu muyobozi, na we aba ari muri iyi hoteli iberamo inama agashimutanwa n’abandi bayobozi, icyakora bakaza kurokorwa n’umukozi wari usanzwe ahakora.

Ubwo iyi filime yerekanwaga i Kigali, Alliah Cool yavuze ko ashimira Imana kubera ko atangiye kugaragara ku ruhando rwa sinema mpuzamahanga.

Ati “Njye ntabwo nagize amahirwe yo kwiga cyane, ikintu nakoze kigakunda nkabona ko gishobora kungeza kure ni sinema […]. Njye navukiye muri Congo, ahantu navukiye kugeza n’uyu munsi nta muhanda n’umwe uhari, ntumbaze ngo nageze i Kigali gute? Ariko icyizere mfite ni uko niba nshobora kugera aha, n’ahandi nzahagera.”

Uyu mukinnyi yavuze ko yishimiye kuba yarakoranye n’abantu bafite ubunararibonye muri filime bakomoka muri Nigeria.

Ati “Ntabwo bino bintu byoroshye, kwegera abantu byibuza ngo baguhe umwanya ntibyoroshye. Niba naratangiye gukina filime mu 2011, nta hantu nabyize yewe mbona njye ari imikino, kuri ubu nkaba ndi gukina muri filime nk’iyi mpuzamahanga, ni ikigaragaza ko ejo ari heza.”

Filime ‘The waiter’ y’Umunya-Nigeria, AY” yagaragayemo Alliah Cool izatangira kunyura kuri Netflix ku wa 12 Nzeri 2025

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

AMAFOTO: Lynda Priya witabiriye Miss Rwanda mu bihe bitandukanye yakoze ubukwe

Uwankusi Nkusi Lynda wamenyekanye ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye ariko akaza no kwamamara nka Lynda Priya muri sinema...

Read out all

Nta nshuti n’imwe dufite: Fille Mutoni ku bitera abahanzi agahinda gakabije

Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi...

Read out all

IShowSpeed arateganya gusura ingagi zo mu Birunga mu Rwanda

Umunyamerika umaze kuba icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, yatangaje ko mu rugendo ari kugirira mu bihugu bitandukanye muri Afurika, nagera mu Rwanda...

Read out all

Kutagira ‘permis’ no gufatanwa ibiyobyabwenge: Izindi ngingo zakomeje ikirego cya DJ Toxxyk

Kuva ku itariki 20 Ukuboza 2025, Arnold Ishimwe uzwi nka DJ Toxxyk ari mu maboko y’inzego z’umutekano aho ari gukorwaho iperereza rishingiye...

Read out all

Dosiye ya batanu barimo Prophet Joshua yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo abarimo Prophet Joshua bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Iguhugu. Umuvugizi wa RIB,...

Read out all

Abinyujije mu ndirimbo ye nshya yise ‘Indabo zanjye’ The Ben yasubije Bruce Melodie wari umaze iminsi amushotoye

The Ben atangira iyi ndirimbo ye nshya yivuga ibigwi, anirata uko ari umuhanzi ukomeye yagera hagati akibutsa Bruce Melodie ko ‘yakunze igisebo’...

Read out all