×
In

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025, Inteko Rusange ya Sena ndetse n’Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite byateranye bisuzuma ikibazo cy’inyungu rusange kijyanye n’umwanzuro (2025/2861/RSP) wafashwe ku wa 11 Nzeri 2025 n’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi (EU), uvuga ku Rwanda. Abayobozi b’iyi Nteko bagaragaje ko uwo mwanzuro ari ukwivanga mu miyoborere y’u Rwanda.

Visi Perezida wa Sena, Nyirahabimana Solina, yavuze ko Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi yasabye u Rwanda kurekura Ingabire Victoire ufunze by’agateganyo akurikiranyweho ibyaha bitandukanye, bityo agafungurwa nta yandi mananiza. Yavuze ko ibyo ari ukwivanga mu miyoborere y’u Rwanda, kikaba kandi ari igihugu gifite ubusugire n’ubwigenge, ndetse ari n’ukwinjira mu bucamanza bw’u Rwanda ari rwo rwego rwigenga.

Uwo mwanzuro kandi ngo ugamije gutanga isura mbi ku Rwanda, aho ushinja ubuyobozi kurangwa no kubangamira ubwisanzure bwa politiki, ubwisanzure bw’itangazamakuru n’imiryango itari iya Leta.

Ati: “Ikigaragara ni uko iyi raporo yakozwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi igamije kwangisha igihugu cyacu no kukigaragaza mu isura mbi ku ruhando mpuzamahanga, ndetse ikanatambamira inyungu z’u Rwanda n’iz’Abanyarwanda mu mibanire, mu bufatanye n’ubutwererane n’amahanga.”

Visi Perezida Nyirahabimana yakomeje avuga ko nk’urwego rureberera inyungu z’abaturage, basabwa gusesengura uyu mwanzuro kuko batakwihanganira ibibangamira inyungu z’Abanyarwanda. Komisiyo zifite Politiki mu nshingano mu Mutwe w’Abadepite no muri Sena zateranye kugira ngo hafatwe imyanzuro kuri iyo raporo, ikazatangazwa saa cyenda kuri uyu wa Mbere.

Senateri Rugira Amandin we yavuze ko hakwiye gutekerezwa uburyo bwo kubaka umubano n’izindi Nteko Zishinga Amategeko ku rwego mpuzamahanga, ariko hagashyirwaho umurongo uhamye wo kudatuma habaho gukomeza kubeshyera u Rwanda. Yavuze ko Inteko y’u Rwanda idakwiye guhora isubiza ibyatangajwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi, ahubwo hagashyirwaho uburyo butuma batavogera ubusugire bw’igihugu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

In

Inzego z’umutekano zatanze imyirondoro y’umugabo wafashwe yangize imodoka mu Mujyi wa Kigali

Inzego zishinzwe umutekano zatanze umwirondoro w’umugabo wafashwe videwo amenagura ibirahure by’imodoka mu Mujyi wa Kigali. Batangaje ko uyu ari umugabo w’imyaka 41...

Read out all
In

Umusore w’imyaka 19, yarohamye  muri Nyabarongo

Muhanga: Kwizera Emmanuel w’Imyaka 19 y’amavuko wari ushoreye inka ayijyanye mu isoko yarohamye mu mugezi wa Ngabarongo. Kwizera Emmanuel ni mwene Uwizeyimana...

Read out all
In

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa wa nyuma w’Umwami Yuhi V Musinga, yatabarutse afite imyaka 93

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda hagati y’umwaka wa 1896 na 1931, yatabarutse ku wa Mbere tariki...

Read out all
In

Col Rwagasana Sankara na Viviane Mukakizima bahawe imirimo mishya na Perezida Kagame.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagize Col Régis Rwagasana Sankara Umuyobozi Wungirije w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, mu gihe Viviane...

Read out all
In

Ingabire Marie Immaculée yitabye Imana ku myaka 64.

Ingabire Immaculée wari Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, umuryango urwanya ruswa n’akarengane, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane azize...

Read out all
In

Impamvu 5 Perezida Kagame akoresha Siporo mu kongera isura y’igihugu mu ruhando mpuzamahanga.

Mu gihe u Rwanda rukomeje kwigarurira umwanya ku rwego mpuzamahanga, siporo yabaye kimwe mu bikoresho by’ingenzi Perezida Paul Kagame akoresha mu kongera...

Read out all