×
In

Abanyamuryango ba FPR-INKOTANYI mu Ntara y’Amajyepfo batashye inyubako nshya y’igorofa ebyiri yiswe Intare Cultural Center, yuzuye itwaye arenga miliyari 3 Frw.

Iyi nyubako ifite icyumba cy’inama kinini gifite ubushobozi bwo kwakira abantu 1000, ibiro by’abakozi b’Umuryango, iby’abikorera n’abanyamategeko, ndetse n’ahagenewe imyidagaduro, siporo n’ibindi bikorwa bitandukanye.

Chairperson w’Umuryango mu Ntara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yavuze ko iyi nyubako izafasha gukemura ikibazo cy’ibibuga n’ahantu hahagije hakorerwamo inama n’ibirori bitandukanye.
Yagize ati: “Kugeza ubu dufite icyumba cy’inama gishobora kwakira abantu 1000 bicaye neza. Usibye ibyumba byakira inama, dufite n’ibiro byinshi byatangiye gukoreramo serivisi zitandukanye ndetse n’ahagenewe ibikorwa bya siporo n’ibitaramo. Ni igikorwa abanyamuryango b’Akarere ka Nyanza bahoraga bifuza kugeraho.”

Umuyobozi muri Intare Investment, Iribagiza Claire, yashimye uruhare rw’abanyamuryango ba FPR-INKOTANYI mu Karere ka Nyanza mu gikorwa cy’indashyikirwa nk’iki.
Yagize ati: “Biragaragara ko bari mu cyerekezo cyiza cya Visit Rwanda kuko ari na cyo cyerekezo cy’igihugu. Hari inama nyinshi zaberaga i Kigali zigiye kujya zibera muri iyi nyubako abanyamuryango biyubakiye. Turasaba n’utundi Turere gutera ikirenge mu cy’abanyamuryango bo mu Karere ka Nyanza.”

Perezida wa Komisiyo y’Ubukungu mu Muryango FPR-INKOTANYI muri aka Karere, yavuze ko iki ari igikorwa kigiye gufasha cyane Akarere ka Nyanza, aho ari igicumbi cy’umuco kandi gikunze gusurwa n’abantu benshi.
Yagize ati: “Muri iyi nyubako twateganyije n’ahantu abagenzi bazajya bafatira amafunguro, bityo igakorana akamaro ku bukungu bw’aka Karere.”

Imirimo yo kubaka Intare Cultural Center yatangiye mu mwaka wa 2022, ubu ikaba yabaye indoto isohoye ku banyamuryango ba FPR-INKOTANYI bo mu Ntara y’Amajyepfo.

Abanyamuryango ba FPR-INKOTANYI mu Ntara y’Amajyepfo batashye inyubako ya miliyari 3 Frw

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

In

Inzego z’umutekano zatanze imyirondoro y’umugabo wafashwe yangize imodoka mu Mujyi wa Kigali

Inzego zishinzwe umutekano zatanze umwirondoro w’umugabo wafashwe videwo amenagura ibirahure by’imodoka mu Mujyi wa Kigali. Batangaje ko uyu ari umugabo w’imyaka 41...

Read out all
In

Umusore w’imyaka 19, yarohamye  muri Nyabarongo

Muhanga: Kwizera Emmanuel w’Imyaka 19 y’amavuko wari ushoreye inka ayijyanye mu isoko yarohamye mu mugezi wa Ngabarongo. Kwizera Emmanuel ni mwene Uwizeyimana...

Read out all
In

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa wa nyuma w’Umwami Yuhi V Musinga, yatabarutse afite imyaka 93

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda hagati y’umwaka wa 1896 na 1931, yatabarutse ku wa Mbere tariki...

Read out all
In

Col Rwagasana Sankara na Viviane Mukakizima bahawe imirimo mishya na Perezida Kagame.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagize Col Régis Rwagasana Sankara Umuyobozi Wungirije w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, mu gihe Viviane...

Read out all
In

Ingabire Marie Immaculée yitabye Imana ku myaka 64.

Ingabire Immaculée wari Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, umuryango urwanya ruswa n’akarengane, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane azize...

Read out all
In

Impamvu 5 Perezida Kagame akoresha Siporo mu kongera isura y’igihugu mu ruhando mpuzamahanga.

Mu gihe u Rwanda rukomeje kwigarurira umwanya ku rwego mpuzamahanga, siporo yabaye kimwe mu bikoresho by’ingenzi Perezida Paul Kagame akoresha mu kongera...

Read out all