×

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri 2025, yageze i Baku muri Azerbaijan, aho yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu, nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro.

Ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Heydar Aliyev, Perezida Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Azerbaijan, Samir Sharifov, nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Azerbaijan.

Ku wa Gatandatu, Perezida Kagame ateganyijwe gusura no gushyira indabo ku gicumbi cy’intwari za Azerbaijan, aharuhukiye Heydar Aliyev, wabaye Perezida wa mbere w’iki gihugu, wanagize uruhare mu guhesha igihugu ubwigenge.

Itangazo ryasohowe rivuga ko Perezida Kagame azakirwa na Perezida wa Azerbaijan, Ilham Aliyev, mu Ngoro ya Zugulba. Aba bayobozi bombi bazagirana ibiganiro mu muhezo bizakurikirwa n’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi n’ubworozi, uburezi, ubwikorezi bwo mu kirere, ubucuruzi n’itangwa rya serivisi.

Perezida Kagame aheruka i Baku mu Ugushyingo 2024, ubwo yitabiraga Inama ya 29 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku kurwanya imihindagurikire y’ikirere (COP29).

Umubano w’u Rwanda na Azerbaijan watangiye ku mugaragaro mu mwaka wa 2017. Azerbaijan, giherereye ku mugabane w’Uburasirazuba bw’u Burayi no mu Burengerazuba bwa Aziya, gifite umudipolomate uhagarariye inyungu zacyo mu Rwanda ufite icyicaro i Addis Abeba muri Ethiopia. Ku ruhande rw’u Rwanda, Ambasaderi warwo muri Azerbaijan afite icyicaro i Ankara, muri Turukiya.

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi 3 muri Azerbaijan

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe n’ikiza cy’inkubi y’umuyaga yiswe ‘Melissa’ iherutse kucyibasira. Amakuru IGIHE ikesha...

Read out all

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 batorotse nyuma yo gutsindwa na M23, bari guhigwa.

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigishwa uruhindu n’inzego z’umutekano z’igihugu cyabo, bazira gutoroka akazi ka gisirikare nyuma yo kwirukanwa muri Repubulika...

Read out all

Rutaremara yashinje Tshisekedi kugura abanyamahanga bakamufasha gukora ‘Jenoside’

Umuyobozi w’Urubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda, Tito Rutaremara, yagaragaje ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, agura abanyamahanga kugira...

Read out all

Ingingo Abadepite bashingiyeho bemeza Itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda ryakuruye impaka

Ku wa 5 Mutarama 2026, Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda, icyemezo cyakiriwe n’impaka nyinshi mu baturage haba kuri...

Read out all

Yahungiye mu Rwanda nyuma yo gusambanywa n’abarenga 100: Agahinda k’uwandujwe Sida FDLR

Kenshi iyo havuzwe uburyo ubutegetsi bwa Repubulika Ihanaranira Demokarasi ya Congo bwimitse urwango ku Banye-Congo bavuga Ikinyarwanda cyane cyane Abatutsi, hari ababikerensa...

Read out all

Minisitiri Bizimana yasabye abantu kurwanya imvugo z’urwango n’iza politiki ishingiye ku ivanguramoko.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean-Damascène, yavuze ko hari abantu bayobowe n’urwango n’ivanguraruhu bagoreka nkana igisobanuro cy’ijambo “Ubwenge”, bakarihuza n’inabi,...

Read out all