×

Umuhanzikazi mushya muri KINA Music, Zuba Ray, yahishuye inzira itoroshye yanyuzemo kugira ngo yinjire mu rugendo rw’umuziki, avuga ko yagiye kuwiga atorotse iwabo kuko yari azi neza ko batamwemerera.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, Zuba Ray yavuze ko urukundo rwe mu muziki rwamuhisemo kuva mu byo yari agenewe kwiga bya PCB (Physique, Chimie na Biologie), agahitamo gushaka uko yiga umuziki.

Yagize ati: “Ntabwo njya gukora ikizamini nigeze mbibwira mu rugo, narabibonaga ko batabyemera. Niga amayeri yo kubeshya mu rugo ko ngiye gusura babyara banjye, bo nari nababwiye ko ngiye gukora ikizamini.”

Nyuma yo gutsinda ikizamini cyo kwiga mu Ishuri rya Muzika rya Nyundo, Zuba Ray yahuriye n’ihurizo rikomeye ryo gusaba uburenganzira ababyeyi be, bari bazi ko yatsinze ikizamini cya Leta gisanzwe gisoza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye.

Yagize ati: “Kumvisha umubyeyi ko ngiye kwiga umuziki ntabwo byari byoroshye. Narabibabwiye barambwira ngo ntabwo byakunda. Byansabye gutegereza, nyuma mukuru wanjye aza kubaganiriza abasaba ko bandeka nkajya mu byo nkunda, aba ari we ubibumvisha.”

Nubwo nyuma yaje kwemererwa kwiga umuziki, Zuba Ray ahamya ko kugeza n’ubu iwabo batarakira neza inzira yahisemo, ariko byibuze ubu hari intambwe imaze guterwa.

Ati: “Gake gake icyizere kigenda kiza. Byatangiye kuza gake kuko nsohora indirimbo ya mbere ‘Igisabo’ byarabashimishije.”

Zuba Ray aherutse kurangiza amashuri yisumbuye kandi yatsinze neza, akaba ateganya gukomeza kaminuza. Kuri ubu amaze gusohora indirimbo eshatu zirimo ‘Igisabo’, ‘Everyday’ yakoranye na Nel Ngabo ndetse n’indi nshya yise ‘Utuntu’.

Zuba Ray wo muri KINA Music, yahishuye uko yatorotse iwabo ajya kwiga umuziki.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

AMAFOTO: Lynda Priya witabiriye Miss Rwanda mu bihe bitandukanye yakoze ubukwe

Uwankusi Nkusi Lynda wamenyekanye ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye ariko akaza no kwamamara nka Lynda Priya muri sinema...

Read out all

Nta nshuti n’imwe dufite: Fille Mutoni ku bitera abahanzi agahinda gakabije

Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi...

Read out all

IShowSpeed arateganya gusura ingagi zo mu Birunga mu Rwanda

Umunyamerika umaze kuba icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, yatangaje ko mu rugendo ari kugirira mu bihugu bitandukanye muri Afurika, nagera mu Rwanda...

Read out all

Kutagira ‘permis’ no gufatanwa ibiyobyabwenge: Izindi ngingo zakomeje ikirego cya DJ Toxxyk

Kuva ku itariki 20 Ukuboza 2025, Arnold Ishimwe uzwi nka DJ Toxxyk ari mu maboko y’inzego z’umutekano aho ari gukorwaho iperereza rishingiye...

Read out all

Dosiye ya batanu barimo Prophet Joshua yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo abarimo Prophet Joshua bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Iguhugu. Umuvugizi wa RIB,...

Read out all

Abinyujije mu ndirimbo ye nshya yise ‘Indabo zanjye’ The Ben yasubije Bruce Melodie wari umaze iminsi amushotoye

The Ben atangira iyi ndirimbo ye nshya yivuga ibigwi, anirata uko ari umuhanzi ukomeye yagera hagati akibutsa Bruce Melodie ko ‘yakunze igisebo’...

Read out all