×
In

Mu buzima bwa buri munsi, stress ni kimwe mu bibazo abantu benshi bahura na cyo, yaba itewe n’akazi, ibibazo byo mu rugo, cyangwa ubuzima busanzwe butuzengurutse.

Iyo idafashwe neza ishobora kugira ingaruka ku buzima bwacu bwo mu mutwe no ku mubiri. Ariko hari uburyo bworoshye kandi bwizewe buri wese yakwifashisha kugira ngo agabanye stress, kandi bukorohera kubushyira mu bikorwa buri munsi.

1. Gukora imyitozo ngororamubiri

Siporo ni umuti kamere wa stress. Ndetse no kugenda iminota 30 gusa ku munsi, gukora yoga cyangwa gutwara igare bigufasha gusohora imbaraga mbi no gutuma umubiri utekana.

2. Kumenya guhumeka neza

Guhumeka mu buryo buhagije bigabanya umutima wihuta, bikongera amaraso meza mu bwonko. Shyiramo umunota wose wicaye ahantu hatuje, uhume witonze kandi ubikore byibuze inshuro eshanu ku munsi.

3. Kuganira n’inshuti cyangwa umuryango

Kugirana ikiganiro n’abantu uzi neza bigufasha kurekura ibihe bigoye, bikagabanya umutwaro mu mutima. Kutigunga ni kimwe mu by’ingenzi mu kurwanya stress.

4. Kwumva umuziki utuje

Umuziki ugira imbaraga zidasanzwe mu kuryoshya umutima. Wumva indirimbo utuje cyangwa unyuzwe nazo, bigufasha kongera imbaraga no kuruhuka mu mutwe.

5. Kuryama neza

Kurara amasaha make bitera umunaniro ukomeye mu bwonko no ku mubiri. Kuryama amasaha 7–8 buri joro bigufasha kuzinduka wumva ufite imbaraga n’umutuzo.

6. Gutegura gahunda ya buri munsi

Ibyo dukora buri munsi iyo tubishyize ku rutonde biradufasha kumenya ibyo tugomba gukora n’ibyo tutagomba gukora. Gushyira ibintu ku murongo bigabanya umuvundo mu bitekerezo.

7. Kwiga gutekereza mu buryo bwiza (positive thinking)

Kwitaho ku byo ufite no gushimira ibyo ugezeho, nubwo byaba bito, bigufasha guhangana na stress kandi bigaha imbaraga umutima.

Stress si ikibazo kidashobora gucika. Gufata igihe cyo kwita ku buzima bwawe, guhumeka neza, gukora siporo, no kwibuka ko kuganira n’abandi ari ingenzi, byose bigufasha kugira ubuzima bwuzuye ituze.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

In

Umuti uterwa kabiri mu mwaka urinda Sida ku kigero cya 99,9% ugiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Mu myaka irenga mirongo ine ishize, Virusi Itera Sida yabaye imwe mu ndwara zahinduye amateka y’Isi n’ubuzima bwa muntu. Yahitanye ubuzima bwa...

Read out all
In

Abasimburijwe impyiko bakabakaba 90, ababazwe umutima barenze 860: Ubuvuzi bw’u Rwanda mu 2025

Umwaka wa 2025, usize u Rwanda ruhagaze neza muri gahunda yo kwita ku magara y’Abaturarwanda, bikajyana no kuvura indwara zikomeye cyane ko...

Read out all
In

Kuri Noheli mu Rwanda havutse abana barenga 900

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko tariki ya 25 Ukuboza 2025, havutse abana 961 hirya no hino mu gihugu. Ni umubare munini ugereranyije n’umwaka...

Read out all
In

Abasaza mu karuhuko, Urubyiruko Nirwo Ruri Kurwana na Stress!

Mu myaka ya vuba, ikibazo cy’ihungabana n’agahinda mu rubyiruko cyafashe indi ntera. Nubwo isi igezweho yuzuyemo amahirwe menshi n’ikoranabuhanga rifasha mu mibereho,...

Read out all
In

Ibintu 5 byakwereka ko ushobora gupfa imburagihe uri munsi y’imyaka 35

 Hari ibintu bimwe na bimwe, iyo umuntu atabyitayeho, bishobora kumushyira mu byago byo gupfa imburagihe, cyane cyane hagati y’imyaka 18 na 35....

Read out all
In

Mu gihugu cya Tanzania, habonetse umuntu wa mbere wanduye indwara ya Marburg.

Ibi byemejwe na Perezida wa Tanzaniya, ariwe Samia Suluhu Hassan, nyuma y’uko isuzuma ry’ibizamini byakorewe mu karere ka Biharamulo ryemeje ko hari umuntu wanduye...

Read out all