×
In

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagize Col Régis Rwagasana Sankara Umuyobozi Wungirije w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, mu gihe Viviane Mukakizima yagizwe Umuyobozi Wungirije w’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe.

Izi mpinduka zatangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu itangazo ryasohotse ku wa 10 Ukwakira 2025.

Viviane Mukakizima mu nshingano nshya nyuma y’iminsi 22

Mukakizima yari yagizwe Umuyobozi Wungirije w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika ku wa 18 Nzeri 2025, bivuze ko yari amaze iminsi 22 muri uwo mwanya mbere yo kwimurirwa mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Ni umwe mu bayobozi b’Inama y’Ubutegetsi y’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), aho ari Visi Perezida wayo, yungirije Israel Bimpe.

Afite ubunararibonye bwagutse mu bijyanye n’itangazamakuru n’itumanaho, kuko yakoze mu bitangazamakuru bitandukanye birimo Reuters, ndetse yanakoze mu Biro bya Perezida wa Repubulika mu ishami ry’Itumanaho kuva mu 2012.

Mu 2021, yagizwe Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho mu Biro bya Perezida, umwanya yavuyeho agirwa Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika.

Mukakizima afite Impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Itangazamakuru yakuye muri Kaminuza ya Daystar, ndetse n’impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu (Master’s Degree) yakuye muri Kaminuza ya Warwick mu Bwongereza.

Col Régis Rwagasana Sankara yahawe inshingano nshya mu biro bya Perezida

Ku rundi ruhande, Col Rwagasana Sankara yari asanzwe ari Umuyobozi Ushinzwe guhuza ibikorwa bya gisirikare mu Biro bya Perezida wa Repubulika (Executive Office Security Liaison) kuva mu 2021.

Icyo gihe, yari amaze igihe gito asoje amasomo ye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare (RDF Command and Staff College) riherereye i Musanze, aho yabaye umunyeshuri w’indashyikirwa mu masomo y’icyo gihe.

Col Rwagasana Sankara yize kandi mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’u Bubiligi (École Royale Militaire – ERM) riherereye i Bruxelles.

Mu 2019, ubwo yasozaga amasomo ye muri RDF Command and Staff College, yahawe ishimwe nk’umunyeshuri wahize abandi mu myigire no mu miyoborere.

Viviane Mukakizima yagizwe Umuyobozi Wungirije w’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe.
Col Régis Rwagasana Sankara yagizwe Umuyobozi Wungirije w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

In

Inzego z’umutekano zatanze imyirondoro y’umugabo wafashwe yangize imodoka mu Mujyi wa Kigali

Inzego zishinzwe umutekano zatanze umwirondoro w’umugabo wafashwe videwo amenagura ibirahure by’imodoka mu Mujyi wa Kigali. Batangaje ko uyu ari umugabo w’imyaka 41...

Read out all
In

Umusore w’imyaka 19, yarohamye  muri Nyabarongo

Muhanga: Kwizera Emmanuel w’Imyaka 19 y’amavuko wari ushoreye inka ayijyanye mu isoko yarohamye mu mugezi wa Ngabarongo. Kwizera Emmanuel ni mwene Uwizeyimana...

Read out all
In

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa wa nyuma w’Umwami Yuhi V Musinga, yatabarutse afite imyaka 93

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda hagati y’umwaka wa 1896 na 1931, yatabarutse ku wa Mbere tariki...

Read out all
In

Ingabire Marie Immaculée yitabye Imana ku myaka 64.

Ingabire Immaculée wari Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, umuryango urwanya ruswa n’akarengane, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane azize...

Read out all
In

Impamvu 5 Perezida Kagame akoresha Siporo mu kongera isura y’igihugu mu ruhando mpuzamahanga.

Mu gihe u Rwanda rukomeje kwigarurira umwanya ku rwego mpuzamahanga, siporo yabaye kimwe mu bikoresho by’ingenzi Perezida Paul Kagame akoresha mu kongera...

Read out all
In

Abanyamuryango ba FPR-INKOTANYI mu Ntara y’Amajyepfo batashye inyubako ya miliyari 3 Frw

Abanyamuryango ba FPR-INKOTANYI mu Ntara y’Amajyepfo batashye inyubako nshya y’igorofa ebyiri yiswe Intare Cultural Center, yuzuye itwaye arenga miliyari 3 Frw. Iyi...

Read out all