×

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko yiteguye kwitabira inama izahuza Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, i Budapest muri Hongrie, naramuka atumiwe.

Trump aherutse gutangaza ko nyuma y’ikiganiro cy’amasaha abiri aherutse kugirana na mugenzi we Putin, bemeranyije guhurira mu Murwa Mukuru wa Hongrie, Budapest, mu gihe cya vuba. Trump akomeje kugerageza kuba umuhuza mu biganiro bigamije kurangiza intambara imaze imyaka irenga itatu n’igice, muri Ukraine.

Nyuma y’ibiganiro byahurije Zelensky na Trump muri Amerika mu mpera z’icyumweru gishize, Zelensky yabwiye abanyamakuru ati “Nindamuka ntumiwe i Budapest, niba ari ubutumire butegura inama hagati yacu uko turi batatu, cyangwa se mu buryo bw’uko Trump yahura na Putin hanyuma akaza guhura nanjye, mu buryo ubwo ari bwo bwose, tuzabyemera.”

Nubwo bimeze bityo, Perezida wa Ukraine yakomeje kunenga icyemezo cyo gushyira iyo nama muri Hongrie, avuga ko icyo gihugu gifitanye umubano mubi na Ukraine kandi gifatwa nk’igihugu cya mbere muri EU gishyigikiye u Burusiya.

Yagize ati “Ntabwo nemera ko Minisitiri w’Intebe ubangamira Ukraine ahantu hose ashobora kugira icyo akorera Abanya-Ukraine cyangwa ngo atange uruhare rushingiye ku kuri.” Yavuze yerekeza kuri Minisitiri w’Intebe wa Hongrie, Viktor Orban.

Ukraine yatangaje ko yiteguye kwitabira inama izahuza Zelensky, Putin na Trump, yabera mu bindi bihugu bifatwa nk’aho bitabogamye, birimo Turukiya, u Busuwisi cyangwa i Vatikani.

Trump kuva yagaruka muri White House uyu mwaka, akomeje kotsa igitutu impande zombi kugira ngo habeho iherezo ryihuse ry’intambara yo muri Ukraine, ashyiraho ibiganiro byahuje abayobozi b’u Burusiya na Ukraine ndetse anakira Putin muri Alaska, nubwo izo mbaraga za dipolomasi zitaratanga umusaruro ufatika.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Afurika y’Epfo igiye gukura ingabo zayo muri MONUSCO

Guverinoma ya Afurika y’Epfo mu itangazo yasohoye muri iki gitondo yatangaje ko igiye gukura ingabo zayo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga...

Read out all

Ubuyapani: Umugabo yarusimbutse ubwo bashakaga kumwica bamuhora kugona

Mu Buyapani, umusore w’imyaka 18, akaba umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akurikiranyweho gushyira uburozi mu byo kurya bya...

Read out all

U Burusiya bwambuye ingabo za Ukraine uduce 32

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burusiya, Valery Gerasimov, yatangaje ko ingabo z’icyo gihugu zigaruriye uduce 32 mu kwezi k’Ukuboza mu ntambara zihanganyemo n’ingabo...

Read out all

Muri Kazakhstan Abadepite batoye itegeko ribuza icengezamatwara ry’abaryamana bahuje ibitsina

Inteko Ishinga Amategeko ya Kazakhstan, yatoye itegeko ribuza icengezamatwara ry’imyemerere y’abaryamana bahuje ibitsina, rikorwa hifashishijwe itangazamakuru na internet, hagamijwe kurinda abana amakuru...

Read out all

Impanuka yabereye muri Kenya, yahitanye abantu.

Impanuka y’indege ya gisivili yahitanye abantu 12 biganjemo ba mukerarugendo muri Kenya. Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,...

Read out all

Andrej Babiš yajyanywe mu bitaro nyuma yo gukubitwa inkoni mu mutwe”

Andrej Babiš, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Tchèque, yajyanywe mu bitaro nyuma yo gukubitwa mu mutwe n’inkoni ubwo yari mu...

Read out all