×
In

Mu myaka ya vuba, ikibazo cy’ihungabana n’agahinda mu rubyiruko cyafashe indi ntera. Nubwo isi igezweho yuzuyemo amahirwe menshi n’ikoranabuhanga rifasha mu mibereho, urubyiruko rw’iki gihe rugaragaza guhangayika n’umunaniro wo mu mutwe kurusha uko byahozeho.

Abahanga mu mitekerereze bavuga ko ibi biterwa n’imihindagurikire y’imibereho, uburyo abantu babana n’imikorere y’isi yihuta cyane.

Imwe mu mpamvu nyamukuru zituma urubyiruko rugira stress nyinshi ni igitutu cy’imbuga nkoranyambaga. Uru rwego rw’ikoranabuhanga rwerekana ubuzima bwiza gusa, bugizwe n’amafoto meza, amafaranga, imodoka n’urukundo rwiza, bikatuma benshi bumva batari ku rwego rumwe n’abandi. Iyo umuntu yiyumvamo ko atari “nk’abandi”, agatangira kwiyanga cyangwa kubona ubuzima bwe nk’ubutagira agaciro, stress iriyongera.

Indi mpamvu ikomeye ni kubura icyerekezo mu buzima. Benshi mu rubyiruko ntibamenya neza icyo bashaka gukora, aho bashaka kugera cyangwa uburyo bazabigeraho. Kubaho nta ntego isobanutse bitera umunaniro w’amarangamutima n’ubwigunge. Ibi byiyongera ku bibazo by’ubukungu n’ubushomeri, aho benshi barangiza amashuri ariko bakabura akazi, cyangwa bakabura uburyo bwo kwiteza imbere, bigatuma batakaza icyizere mu hazaza.

Urubyiruko rukunze no guhuzwa n’ibyiza by’abandi buri gihe. Kwigira ku bandi, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, bituma umuntu ahora yigereranya n’abandi. Iyo atabonye aho ahuriye n’abo yigereranya na bo, yumva arushye mu mutima. Naho kuba abantu benshi batakigira ubusabane n’urukundo nyabwo nabyo biri mu bitera stress. Nubwo abantu baboneka ku mbuga nkoranyambaga, urukundo rw’ukuri n’ubusabane byagabanutse. Benshi bumva bonyine kandi nta muntu waboheye ku mutima.

Igitutu cy’ababyeyi n’imiryango nacyo kiri mu mpamvu zikomeye. Ababyeyi bashyira abana babo ku gitutu cyo kugera ku rwego runaka: kurangiza amashuri neza, kubona akazi, gushaka cyangwa kuba icyitegererezo. Iyo ibyo bitagenze uko byifuzwaga, urubyiruko rufata ibyo nk’ikimenyetso cyo kunanirwa, bikabatera kwiheba.

Kubura ubufasha mu bijyanye n’imitekerereze y’abantu nabyo ni ikibazo gikomeye. Mu muco nyarwanda, kuvuga ibyerekeye ihungabana cyangwa stress biracyafatwa nk’ubwoba cyangwa ubuswa. Ibi bituma urubyiruko rutagira aho ruvugira, rukihisha mu bucece, bikarushaho kubaremerera mu mutima. Hari n’imyitwarire mibi nka kuryama nabi, kudafata amafunguro meza cyangwa gukoresha ibiyobyabwenge, bikunze kwiyitirira nk’uburyo bwo “kuruhuka”, nyamara bigakomeza kongera stress.

Urubyiruko kandi ruri mu isi y’amakuru menshi (information overload). Buri munsi bamenya amakuru menshi ajyanye n’intambara, ubukene, urupfu n’ibindi biteye ubwoba. Umutwe udahabwa umwanya wo kuruhuka cyangwa gusobanura ibyo wumvise urarushya, bigatera ihungabana rikomeye.

Ikindi ni uko benshi batakaza icyizere mu hazaza. Bumva isi igenda iba mbi, ibibazo by’ubukungu bikiyongera, intambara n’ibindi byugarije isi. Iyo umuntu atacyizera ejo hazaza, aba afite umutwaro uremereye wo mu mutima.

Mu gusoza, abahanga bavuga ko stress y’urubyiruko ituruka ku buryo isi y’iki gihe yihuta, ariko abantu bagatakaza ibya ngombwa birimo umutuzo, ubusabane n’icyizere. Kugira ngo iki kibazo gikemuke, urubyiruko rugomba kwiga gufata umwanya wo kuruhuka, kuvugisha abantu barwumva, kwiga kwishimira intambwe rutoza buri munsi, no kwibuka ko ubuzima butari amarushanwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

In

Umuti uterwa kabiri mu mwaka urinda Sida ku kigero cya 99,9% ugiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Mu myaka irenga mirongo ine ishize, Virusi Itera Sida yabaye imwe mu ndwara zahinduye amateka y’Isi n’ubuzima bwa muntu. Yahitanye ubuzima bwa...

Read out all
In

Abasimburijwe impyiko bakabakaba 90, ababazwe umutima barenze 860: Ubuvuzi bw’u Rwanda mu 2025

Umwaka wa 2025, usize u Rwanda ruhagaze neza muri gahunda yo kwita ku magara y’Abaturarwanda, bikajyana no kuvura indwara zikomeye cyane ko...

Read out all
In

Kuri Noheli mu Rwanda havutse abana barenga 900

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko tariki ya 25 Ukuboza 2025, havutse abana 961 hirya no hino mu gihugu. Ni umubare munini ugereranyije n’umwaka...

Read out all
In

Uburyo bworoshye bwo kugabanya stress buri wese yakwifashisha mu buzima bwa buri munsi

Mu buzima bwa buri munsi, stress ni kimwe mu bibazo abantu benshi bahura na cyo, yaba itewe n’akazi, ibibazo byo mu rugo,...

Read out all
In

Ibintu 5 byakwereka ko ushobora gupfa imburagihe uri munsi y’imyaka 35

 Hari ibintu bimwe na bimwe, iyo umuntu atabyitayeho, bishobora kumushyira mu byago byo gupfa imburagihe, cyane cyane hagati y’imyaka 18 na 35....

Read out all
In

Mu gihugu cya Tanzania, habonetse umuntu wa mbere wanduye indwara ya Marburg.

Ibi byemejwe na Perezida wa Tanzaniya, ariwe Samia Suluhu Hassan, nyuma y’uko isuzuma ry’ibizamini byakorewe mu karere ka Biharamulo ryemeje ko hari umuntu wanduye...

Read out all