×
In

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda hagati y’umwaka wa 1896 na 1931, yatabarutse ku wa Mbere tariki ya 27 Ukwakira 2025, afite imyaka 93 y’amavuko, nk’uko byemejwe n’abo mu muryango we.

Umwami Yuhi V Musinga yayoboye u Rwanda imyaka irenga 30, kugeza mu 1931 ubwo Ababiligi bamukuye ku ngoma, hanyuma acirwa ishyanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Zayire yicyo gihe ), aho yatangiye i Moba mu 1944.

Ibi bivuze ko Igikomangoma Mukabayojo yavutse nyuma y’uko se yegujwe ku ngoma, mu gihe umuryango w’Ubwami wari uri mu bihe bikomeye by’ubuhungiro.

Mu buzima bwe, Igikomangoma Mukabayojo yakunze kwibera mu buzima busanzwe, yitonda kandi yicisha bugufi, bitandukanye n’uko abantu benshi batekereza ku bana b’abami.

Yaherukaga kugaragara mu ruhame mu mwaka wa 2017, ubwo yari yitabiriye umuhango wo gutabariza Umwami Kigeli V Ndahindurwa, musaza we, wabereye i Mwima ya Nyanza.

Mu myaka ya 1950, Mukabayojo yashyingiranywe n’Igikomangoma Benoît Bideri mu bukwe bwa cyami bwabaye mu birori bikomeye cyane byitabiriwe n’abatandukanye.

Umwe mu bo mu muryango we, umwuzukuruza wa Yuhi V Musinga, yagize ati:

“Twapfushije umuntu wari imfura kandi wicisha bugufi. Yabaye mu buzima butuje, atigeze yirata ko ari umukobwa w’umwami. Yatabarutse yishimye, kuko yabonaga ko musaza we, Umwami Kigeli V Ndahindurwa, yashyinguwe mu Rwanda. Kandi nk’uko yabivugaga, kubaho uri uwa nyuma mu bana 19 b’umwami byari urugendo rukomeye. Yari umukirisitu w’intangarugero.”

Mukabayojo yari umwana wa nyuma ukiriho mu bana 19 b’Umwami Yuhi V Musinga. Urutonde rw’abana be ni uru:

  1. Bakayishonga
  2. Rudacyahwa
  3. Rwigemera
  4. Mukamurela
  5. Musheshambugu
  6. Munonozi
  7. Mukangira
  8. Banamwana
  9. Nkuranga
  10. Nkurayija
  11. Badakengerwa
  12. Rutayisire
  13. Ruzibiza
  14. Ruzindana
  15. Ndahindurwa (Kigeli V)
  16. Mukabayojo (Spéciose)
  17. Subika
  18. Bagambaki
  19. Rudahigwa (Mutara III)

Urupfu rwe rufatwa nk’igice cya nyuma cy’amateka y’umuryango w’ubwami w’u Rwanda, kuko yari asigaye wenyine mu bana bose b’Umwami Yuhi V Musinga.

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo azibukwa nk’umugore w’intwari, wicishaga bugufi, ukunda Imana n’igihugu cye, washyize imbere ubumwe n’ituze mu muryango w’Ubwami n’Abanyarwanda muri rusange.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

In

Inzego z’umutekano zatanze imyirondoro y’umugabo wafashwe yangize imodoka mu Mujyi wa Kigali

Inzego zishinzwe umutekano zatanze umwirondoro w’umugabo wafashwe videwo amenagura ibirahure by’imodoka mu Mujyi wa Kigali. Batangaje ko uyu ari umugabo w’imyaka 41...

Read out all
In

Umusore w’imyaka 19, yarohamye  muri Nyabarongo

Muhanga: Kwizera Emmanuel w’Imyaka 19 y’amavuko wari ushoreye inka ayijyanye mu isoko yarohamye mu mugezi wa Ngabarongo. Kwizera Emmanuel ni mwene Uwizeyimana...

Read out all
In

Col Rwagasana Sankara na Viviane Mukakizima bahawe imirimo mishya na Perezida Kagame.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagize Col Régis Rwagasana Sankara Umuyobozi Wungirije w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, mu gihe Viviane...

Read out all
In

Ingabire Marie Immaculée yitabye Imana ku myaka 64.

Ingabire Immaculée wari Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, umuryango urwanya ruswa n’akarengane, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane azize...

Read out all
In

Impamvu 5 Perezida Kagame akoresha Siporo mu kongera isura y’igihugu mu ruhando mpuzamahanga.

Mu gihe u Rwanda rukomeje kwigarurira umwanya ku rwego mpuzamahanga, siporo yabaye kimwe mu bikoresho by’ingenzi Perezida Paul Kagame akoresha mu kongera...

Read out all
In

Abanyamuryango ba FPR-INKOTANYI mu Ntara y’Amajyepfo batashye inyubako ya miliyari 3 Frw

Abanyamuryango ba FPR-INKOTANYI mu Ntara y’Amajyepfo batashye inyubako nshya y’igorofa ebyiri yiswe Intare Cultural Center, yuzuye itwaye arenga miliyari 3 Frw. Iyi...

Read out all