Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryatangaje ko indege z’intambara n’iza drones ziturutse mu Burundi zagabye ibindi bitero ku Banyamulenge batuye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ibi bitero byagabwe mu rukerera rwo ku wa 13 Ukuboza 2025, ashimangira ko ingabo z’u Burundi zabigizemo uruhare rutaziguye.
Yagize ati: “Indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi-25, kajugujugu z’intambara ndetse na drones z’igisirikare, biyoborerwa ku butaka bw’u Burundi, zagabye ibitero bihumblindira mu midugudu ituwe cyane n’Abanyamulenge ya Mikenke na Rwitsankuku, hirengagijwe bikomeye amahame shingiro y’itegeko mpuzamahanga ry’ubutabazi.”
AFC/M23 ivuga ko ibi bitero byibasiye abasivili ku bushake, bikica abantu barimo abagore n’abana, kandi ko bigize ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasira inyokomuntu.
Iri huriro kandi ryibukije ko no mu gitondo cyo ku wa 12 Ukuboza 2025, indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 yagabye igitero ku nkambi y’impunzi z’Abanyamulenge iri mu gace ka Mikenke.
Ku rundi ruhande, umunyapolitiki Moïse Nyarugabo yatangaje ko ibi bitero by’ingabo za RDC n’iz’u Burundi ku basivili biterwa n’uko zikomeje gutsindwa ku rugamba. Yavuze ko mu byumweru bibiri bishize, izo ngabo zambuwe ibice byinshi byo mu kibaya cya Rusizi, bityo zikaba zitangiye kwibasira abaturage b’inzirakarengane.