×

U Burundi bumaze iminsi bwohereza abasirikare benshi n’intwaro ziremereye hafi y’umupaka w’u Rwanda mu gihe umwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’ibihugu byombi.

Leta y’u Burundi iri ku gitutu nyuma y’aho ingabo zayo, iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imitwe ya Wazalendo na FDLR byambuwe na AFC/M23 ibice byinshi byo mu kibaya cya Rusizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Imbere y’ibihugu bigize Akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Ambasaderi w’u Burundi, Zéphyrin Maniratanga, aherutse kuvuga ko u Rwanda rushyigikira AFC/M23, bityo ko igihugu cye gishobora guhangana na rwo.

Umwe mu bayobozi bakuru b’igisirikare cy’u Burundi yatangarije urubuga SOS Medias ko abasirikare benshi n’intwaro ziremereye byohereje cyane cyane muri Komini Busoni, Intara ya Butanyerera, hafi y’umupaka wa Gasenyi-Nemba.

Uyu musirikare yagize ati “Hari intwaro zikomeye zashyizweho kugira ngo zikumire ikintu cyose cyava mu Rwanda.”

Muri Busoni haherutse kugaragara amakamyo ya Polisi y’u Burundi ajyanayo abandi basirikare mu bigo birimo icya 411 giherereye ahitwa Mutwenzi, nk’uko uru rubuga rwakomeje rubisobanura.

Amarondo mu bice by’u Burundi byegereye umupaka w’u Rwanda yariyongereye. Abapolisi n’urubyiruko rw’Imbonerakure rushamikiye ku ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi bari kugaragara cyane mu mihanda yaho mu masaha y’ijoro.

Nta matangazo yatanzwe mu bice byegereye umupaka asaba Abarundi gutaha kare, ariko nta wemererwa kurenza saa mbiri z’ijoro akiri mu muhanda.

Umuturage wo mu gace ka Munzenze yagize ati “Badutegeka gutaha kare, mbere ya Saa Mbili z’ijoro. Nta na hamwe byanditse ariko twese tuzi icyo bisobanura.”

Abarundi baturiye umupaka bafite ubwoba kuko batekereza ko isaha n’isaha intambara y’ibihugu byombi ishobora kurota. “Turara twambaye imyenda, twiteguye guhunga mu gihe barasa.” Ni ko umuturage yabisobanuye.

Mu gice cy’Intara ya Bujumbura, ahahoze ari Cibitoke na ho umutekano warakajijwe cyane. Intwaro ziremereye zahashyizwe ni zo zarashe ibisasu muri santere ya Kamanyola, hafi y’umupaka wa Bugarama mu Rwanda.

Ibisasu Ingabo z’u Burundi zarashe muri Kamanyola ni byo byatumye abarwanyi ba AFC/M23 batangiza urugamba rwo gufata ibice byo mu kibaya cya Rusizi kugeza ku mujyi wa Uvira ukora ku Kiyaga cya Tanganyika.

Amakuru yizewe ahamya ko u Burundi bumaze igihe bugura intwaro nyinshi ziremereye na drones z’intambara, bigaragara ko bwiteguraga intambara ikomeye. Zimwe muri zo zifashishijwe mu rugamba rwo muri Kivu y’Amajyepfo.

Mu byumweru bibiri bishize, mu kigo cya gisirikare cya Mukoni mu Ntara ya Buhumuza, hinjiye amakamyo 30 ya rukururana yari zikoreye intwaro. Yapakuruwe iminsi itatu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe n’ikiza cy’inkubi y’umuyaga yiswe ‘Melissa’ iherutse kucyibasira. Amakuru IGIHE ikesha...

Read out all

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 batorotse nyuma yo gutsindwa na M23, bari guhigwa.

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigishwa uruhindu n’inzego z’umutekano z’igihugu cyabo, bazira gutoroka akazi ka gisirikare nyuma yo kwirukanwa muri Repubulika...

Read out all

Rutaremara yashinje Tshisekedi kugura abanyamahanga bakamufasha gukora ‘Jenoside’

Umuyobozi w’Urubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda, Tito Rutaremara, yagaragaje ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, agura abanyamahanga kugira...

Read out all

Ingingo Abadepite bashingiyeho bemeza Itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda ryakuruye impaka

Ku wa 5 Mutarama 2026, Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda, icyemezo cyakiriwe n’impaka nyinshi mu baturage haba kuri...

Read out all

Yahungiye mu Rwanda nyuma yo gusambanywa n’abarenga 100: Agahinda k’uwandujwe Sida FDLR

Kenshi iyo havuzwe uburyo ubutegetsi bwa Repubulika Ihanaranira Demokarasi ya Congo bwimitse urwango ku Banye-Congo bavuga Ikinyarwanda cyane cyane Abatutsi, hari ababikerensa...

Read out all

Minisitiri Bizimana yasabye abantu kurwanya imvugo z’urwango n’iza politiki ishingiye ku ivanguramoko.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean-Damascène, yavuze ko hari abantu bayobowe n’urwango n’ivanguraruhu bagoreka nkana igisobanuro cy’ijambo “Ubwenge”, bakarihuza n’inabi,...

Read out all