×

Mu rwego rwo kuzamura ireme ry’ifatwa ry’amashusho y’indirimbo za Gospel Nyarwanda no gukemura ikibazo cy’itinda ryazo, Trinity for Support (TFS) yazanye mu Rwanda umu-producer w’umuhanga (Patient For Sure) wubatse izina ritajegajega i Burundi mu gutunganya amashusho y’abahanzi bakomeye.

Uyu Producer Patient yaje mu Rwanda, agirana amasezerano y’ubufatanye na TFS (Trinity for Support), Label nshya yinjiye mu ruhando rw’abateza imbere abahanzi baramya Imana mu Rwanda. Uyu mu-producer w’umuhanga wasinyishijwe, Mugisha Patient For Sure, asanzwe ayobora Focus Studio, imwe muri studio zikomeye i Burundi.

Uyu mugabo uzwiho ubunyamwuga, umurava no kubahiriza igihe, azwi cyane mu kazi ke ko gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, aho yakoreye ibyamamare bitandukanye birimo Alvera Muhimbare, Koze Daniella, Noëlla, n’abandi. 

Ubusanzwe Focus Studio iyobowe na Mugisha ni imwe mu nzu zafashije kuzamura umuziki wa Gospel i Burundi, binyuze mu mashusho y’indirimbo ateguye neza kandi ku gihe.

Nk’uko byatangajwe na Ev. Frodouard Uwifashije (Obededomu), akaba ari we Muyobozi Mukuru nka (CEO) wa TFS, kumugeza mu Rwanda byamusabye imbaraga nyinshi.

Ev. Frodouard Uwifashije Aganira na Kigali Connect yagize ati: Byantwaye imbaraga nyinshi kugira ngo nkure uyu mu-producer i Burundi. Twashakaga umuntu uzadufasha gukemura ikibazo cy’uko abahanzi bajyaga bataka gutegereza amashusho igihe kirekire. Mugisha ni umwe mu ba-producers bakomeye i Burundi, afite ubuhamya bwiza, akunda akazi, yubaha abakiriya kandi azi gucunga neza igihe.”

Mugisha Patient For Sure yaje mu Rwanda agirana na TFS  ku bijyanye n’ amasezerano y’ubufatanye (partnership agreement), ndetse anagirwa umuyobozi wa Label ya TFS. Ni igikorwa kigaragaza ko TFS yihaye intego yo gukemura ibibazo byari bimaze igihe byugarije abahanzi, cyane cyane mu bijyanye n’itinda ry’amashusho.

TFS kandi ifitanye amasezerano n’indi Label yitwa Unlimited Record, izwiho gutunganya amashusho y’indirimbo mu buryo bw’umwuga. Icyo izayifasha, ni ukuyamamariza ibikorwa.

Mu kunguka abandi bafatanyabikorwa, TFS yakiriye n’undi musore w’umuhanga mu ikoranabuhanga, uzwiho ubunyamwuga mu gukora ama-website, Mugisha Rambert Uzwi nka Nyawe Lamberto, akaba n’umuyobozi w’ikinyamakuru “Kigali Connect.” Lamberto ni amaboko TFS yungutse mu gufasha abakiriya ba TFS kuzamura imbuga nkoranyambaga zabo ndetse n’iza TFS.

Nyawe Lamberto Umuyobozi muri TFS akaba n’Umuyobozi wa Kigali Connect

TFS ikomeje kwagura ibikorwa byayo no gushyira imbaraga mu bwiza bwa serivisi. Icyerekezo ni ugukorera Imana mu buryo bugezweho kandi bufasha umuhanzi kubaho mu cyubahiro no gutanga ubutumwa mu buryo bwiza.

Mugisha Patient For Sure, Umu-Producer muri TFS Akaba n’ Umuyobozi wa Focus Studio
Uwifashije Froduard (Odededomu) Umunyamakuru kuri Paradise akaba n’ Umuyobozi wa TFS

Umva KC Radio hano

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Buumi Casino 2026 – miten aloittaa ja mitä odottaa

Käyttäjäkokemus alusta alkaen: suunnittelu ja navigointi Alusta itsessään buumi casino on rakennettu niin, että sekä kokeneet pelaajat että uudet tulokkaat saavat tehokkaan...

Read out all

Rizk Casino 2026: yksityiskohtainen näkökulma ja analyysi

Rizk Casinon brändi: luotettavuus ja vastuullinen pelaaminen Ensivaikutelma Rizk Casinosta syntyy sen selkeästä sivustorakenteesta sekä siitä, miten pelitarjonta ja tuki yhdistyvät. Tutustumme...

Read out all

One Casino 2026 – kokonaisvaltainen katsaus ja suositukset

Miten One Casino erottuu nykyisessä nettikasinomarkkinassa? Kolmas näkökulma keskittyy käyttäjäkokemukseen mobiilissa. Responsiivisen suunnittelun avulla one-kasino.fi sivusto mukautuu eri näyttökoon, joten pelaajat voivat...

Read out all

wowbet download 2392022-12-10

Download for Android apk and iOS Content Gambling laws in Bangladesh Weekly Tournaments – Prize Pool of BDT 800,000 POPULAR POSTS Aviator...

Read out all

Imbangukiragutabara zaciwe miliyoni 46Frw kubera gukora impanuka nta bwishingizi

Umwaka ushize wa 2025, imodoka esheshatu zitwara abarwayi zizwi nk’imbangukiragutabara zaciwe amafaranga Miliyoni 45.6Frw kubera gukora impanuka zidafite ubwishingizi bw’ibinyabiziga. Nibakure Florence...

Read out all

APR FC yasangiye n’abakomeye nyuma yo kugarika Rayon Sports

Nyuma yo utsinda Rayon Sports ibitego 4-1 mu mukino wa Super Coupe 2025, abakinnyi b’ikipe y’Ingabo basangiye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,...

Read out all