×

Ministeri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko mu Gihembwe cya Mbere cy’umwaka wa 2025, Umusaruro mbumbe w’Igihugu wiyongereyeho 7.8%, ugereranyije n’uko byari bimeze mu gihe nk’icyo mu mwaka wa 2024.

Mu gihembwe cya mbere cya 2025, umusaruro mbumbe w’u Rwanda wavuye kuri miliyari 4.486 Frw ugera kuri miliyari 5.255 Frw.

Urwego rwa serivisi ni rwo rwagize uruhare runini muri iri zamuka ugereranyije n’izindi nzego. Serivisi serivisi zatanze 46% ku ngengo y’imari, ubuhinzi butanga 24%, inganda zigena 23% mu gihe imisoro yatanze 7%.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, Ivan Murenzi, yasobanuye ko iri rizamuka ritanga icyizere ku bukungu bw’u Rwanda.

N’ubwo urwego rw’ubuhinzi ruri mu zagize uruhare runini mu izamuka ry’umusaruro mbumbe w’igihugu ariko imibare igaragaza ko umusaruro wa bimwe mu bihingwa ngandurarugo wagabanutse. Nk’uw’ibigori wagabanutse ho 5% mu gihe uw’ibishyimbo wamanutseho 1%.

Mu bindi byagize uruhare mu kuzamura umusaruro mbumbe w’Igihugu mu Gihembwe cya Mbere harimo umusaruro w’inganda zitunganya ibintu bitandukanye wiyongereyeho 7% ndetse n’umusaruro uva mu bucuruzi buranguza n’ubudandaza wazamutseho 14%.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Abagore bahetse iterambere ry’u Rwanda bagiye gushimirwa muri WILS 2026 igiye kubera i Kigali

Inama ya Women in Leadership Summit (WILS 2026) igiye kuba ku nshuro ya gatatu, ikaba itanga amahirwe ku bagore bose bifuza kugaragaza ubuyobozi butanga...

Read out all

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda umaze kugera kuri miliyari 5.525 Frw

Umusaruro Mbumbe w’u Rwanda wageze kuri miliyari 5.525 Frw mu gihembwe cya Gatatu cya 2025, bigaragaza izamuka rya 11,8% ugereranyije n’igihe nk’iki...

Read out all

Perezida Kagame yayoboye inama y’ubutegetsi ya 12 ya Smart Africa

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yayoboye Inama ya 12 y’Ubutegetsi ya Smart Africa, yibanze ku ngingo z’ingenzi zirimo ubwenge buhangano...

Read out all

Kubera iki Rwanda,Shima Imana ikwiye kubaho buri munsi?

Rwanda, Shima Imana: Ikwiye Kubaho Buri MunsiMu myaka 31 ishize, u Rwanda rwari mu icuraburindi ry’amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu...

Read out all