×

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), Ursula von der Leyen, yatangaje ko agiye guhurira na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, muri Ecosse mu biganiro bigamije kunoza amasezerano y’ubucuruzi.

Ibi yabitangaje ku wa 25 Nyakanga 2025, aho yavuze ko ibi biganiro bizaba ku wa 27 Nyakanga 2025, kugira ngo hafatwe umwanzuro ku buryo bwo gukorana mu bucuruzi.

Leyen abinyujije kuri X, yavuze ko nyuma y’ikiganiro yagiranye na Perezida wa Amerika kuri telefoni yavuze ko bemeranyije kuzahurira muri Ecosse bakagirana ibiganiro birambuye.

Yagize ati “Nyuma y’ikiganiro cyiza nagiranye na Perezida wa Amerika, twemeranyije guhurira muri Ecosse ku Cyumweru kugira ngo tuganire ku mubano w’ibihugu byombi mu bucuruzi ndetse n’uburyo twawukomeza.”

Ibi bibaye mu gihe Trump yatangaje ko azashyiraho imisoro ya 30% ku bicuruzwa biva mu bihugu bigize umuryango wa EU.

EU nayo yahise itangaza ko izashyiraho 30% y’imisoro ku bicuruzwa bituruka muri Amerika.

Icyakora ku 25 Nyakanga 2025, Trump yagaragaje icyizere ko amasezerano y’ubucuruzi ashobora kugerwaho nubwo hari ingingo zitarabonerwa ibisubizo.

Yagize ati “Amasezerano azagerwaho nibemera kugabanya imisoro yabo kuko ubu iri kuri 30%, bagomba kuyigabanya cyangwa bakabyihorera ariko bashaka ko aya masezerano agerwaho cyane.”

Bivugwa ko aya masezerano nagerwaho Amerika izagabanya imisoro ku bicuruzwa biva mu Burayi, ikagera kuri 15%.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Afurika y’Epfo igiye gukura ingabo zayo muri MONUSCO

Guverinoma ya Afurika y’Epfo mu itangazo yasohoye muri iki gitondo yatangaje ko igiye gukura ingabo zayo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga...

Read out all

Ubuyapani: Umugabo yarusimbutse ubwo bashakaga kumwica bamuhora kugona

Mu Buyapani, umusore w’imyaka 18, akaba umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akurikiranyweho gushyira uburozi mu byo kurya bya...

Read out all

U Burusiya bwambuye ingabo za Ukraine uduce 32

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burusiya, Valery Gerasimov, yatangaje ko ingabo z’icyo gihugu zigaruriye uduce 32 mu kwezi k’Ukuboza mu ntambara zihanganyemo n’ingabo...

Read out all

Muri Kazakhstan Abadepite batoye itegeko ribuza icengezamatwara ry’abaryamana bahuje ibitsina

Inteko Ishinga Amategeko ya Kazakhstan, yatoye itegeko ribuza icengezamatwara ry’imyemerere y’abaryamana bahuje ibitsina, rikorwa hifashishijwe itangazamakuru na internet, hagamijwe kurinda abana amakuru...

Read out all

Impanuka yabereye muri Kenya, yahitanye abantu.

Impanuka y’indege ya gisivili yahitanye abantu 12 biganjemo ba mukerarugendo muri Kenya. Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,...

Read out all

Zelensky ashaka kwitabira ibiganiro bya Trump na Putin atatumiwemo

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko yiteguye kwitabira inama izahuza Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe...

Read out all