×

Andrej Babiš, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Tchèque, yajyanywe mu bitaro nyuma yo gukubitwa mu mutwe n’inkoni ubwo yari mu bikorwa byo kwitegura amatora ya parlement ateganyijwe mu Ukwakira 2025.

Icyo gitero cyabaye ku itariki ya 1 Nzeri 2025 mu gace ka Dobra mu burasirazuba bw’iki gihugu cyo mu Burayi bwo Hagati.

Babiš yari ahuye n’abagize ishyaka rye, ANO, baganira ku myiteguro y’amatora ya parlement azaba mu Ukwakira 2025.

Umuvugizi wa ANO, Martin Vodicka, yavuze ko umuntu yaje inyuma ya Babiš amukubita mu mutwe inkoni.

Polisi y’iki gihugu yatangaje ko uwo muntu yahise afatwa. Icyakora, icyatumye akora iki gikorwa ntabwo kiramenyekana.

Nyuma yo gusuzumwa mu bitaro, Babiš yemerewe gusubira mu rugo.

Ku rubuga rwa X (rwahoze ari Twitter), Babiš yagize ati: “Ndabashimira cyane ku bw’inkunga yanyu. Nizeye ko nzakomeza gukira neza. Ntegereje ibisubizo by’ibizamini by’ubuvuzi. Abaganga bansobanuriye ko ngomba gufata akanya ko kuruhuka.”

Umuyobozi wungirije wa ANO, Alena Schillerova, yavuze ko icyo gitero cyateguwe n’abagize ishyaka riri ku butegetsi. Yabashinje gukwirakwiza imvugo z’urwango, byatumye Babiš agirirwa nabi. Yongeraho iti: “Izi ni ingaruka z’ubukangurambaga bushingiye ku bwoba n’amacakubiri.”

Andrej Babiš yabaye Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Tchèque kuva mu 2017 kugeza mu 2021. Azwiho kutishyigikira kohereza intwaro muri Ukraine, ahubwo akavuga ko intambara igomba gukemurwa hakoreshejwe dipolomasi.

Andrej Babiš, yahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Tchèque

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Afurika y’Epfo igiye gukura ingabo zayo muri MONUSCO

Guverinoma ya Afurika y’Epfo mu itangazo yasohoye muri iki gitondo yatangaje ko igiye gukura ingabo zayo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga...

Read out all

Ubuyapani: Umugabo yarusimbutse ubwo bashakaga kumwica bamuhora kugona

Mu Buyapani, umusore w’imyaka 18, akaba umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akurikiranyweho gushyira uburozi mu byo kurya bya...

Read out all

U Burusiya bwambuye ingabo za Ukraine uduce 32

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burusiya, Valery Gerasimov, yatangaje ko ingabo z’icyo gihugu zigaruriye uduce 32 mu kwezi k’Ukuboza mu ntambara zihanganyemo n’ingabo...

Read out all

Muri Kazakhstan Abadepite batoye itegeko ribuza icengezamatwara ry’abaryamana bahuje ibitsina

Inteko Ishinga Amategeko ya Kazakhstan, yatoye itegeko ribuza icengezamatwara ry’imyemerere y’abaryamana bahuje ibitsina, rikorwa hifashishijwe itangazamakuru na internet, hagamijwe kurinda abana amakuru...

Read out all

Impanuka yabereye muri Kenya, yahitanye abantu.

Impanuka y’indege ya gisivili yahitanye abantu 12 biganjemo ba mukerarugendo muri Kenya. Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri,...

Read out all

Zelensky ashaka kwitabira ibiganiro bya Trump na Putin atatumiwemo

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko yiteguye kwitabira inama izahuza Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe...

Read out all