×

Tariki ya 14 Nzeri 2025 ishobora kuba itariki y’amateka ku buzima bw’abazitabira igitaramo cyiswe Worship Unplugged. Ni igitaramo kitezweho gusiga benshi bacomotse ku mibabaro, bagahabwa ihumure binyuze mu ndirimbo zisingiza Imana.

Umwe mu mirongo izagarukwaho muri iki gitaramo ni uwigeze kuririmbwa na korali igira iti: “Amarira, ishyavu, agahinda n’imibabaro bigiye kurangira.”

Mu kiganiro na Kigali Connect, Arnaud Ntamvutsa, Umuyobozi Mukuru wa Urugero Media Group, yavuze ko iki gitaramo kizaba ibihe byo kuramya byimbitse.

Yagize ati:
“Worship Unplugged ni ibihe byo kuramya byimbitse. Twifuza ko abazitabira bazicomokora ku mihangayiko n’ibindi bibaremereye, bagahanga amaso Imana bakayiramya batitaye ku kindi kintu icyo ari cyo cyose.”

Urugero Media Group imaze kuba izina rikomeye mu guteza imbere impano za Gospel, ikaba yarabaye ikiraro cyambukije abaramyi batari bake bakagera mu nzozi zabo.

Abajijwe ku mishinga y’ahazaza, Arnaud yavuze ko bafite gahunda ndende yo kurera impano nshya, by’umwihariko abato.

Ati:
“Urugero Media duhugiye mu kurera impano nshya kugira ngo mu myaka itanu iri imbere tuzabe dufite itafari rindi twubatse muri Gospel. Hari gahunda yo gukomeza gutoza abana bo muri Urugero Music Academy, gukora ibitaramo ndetse no gusohora indirimbo zabo bwite kugira ngo batozwe gukora umuziki ku rwego rwo hejuru.”

Urugero Media mu bikorwa by’imibereho myiza

Amakuru yizewe agera kuri Kigali Connect avuga ko mu minsi ishize Urugero Media Group yahugiye no mu bikorwa bigamije gufasha abatishoboye. Muri byo harimo kubakira imiryango itishoboye, gukora ibikorwa by’ivugabutumwa binyuze muri ruhago ku bufatanye na Atawale, ndetse no gukorana n’amadini atandukanye mu bikorwa byo gusakaza ubutumwa bwiza.

Arnaud yavuze ko kimwe mu byabagoye ari uko itorero bakoranye ryaje gufungwa, bikabateza igihombo mu mikoranire. Nyuma yo guhagarara, byabasabye gushaka irindi torero bakorana.

Aho igitaramo kizabera

Iki gitaramo giteganyijwe ku wa 14 Nzeri 2025 kikazabera kuri Église Apostolique pour Réveil au Rwanda i Remera. Kwinjira ni ubuntu.

Urugero Media Group muri Gospel

Urugero Media Group ni kampani imenyerewe mu gice cya Gospel, izwi cyane mu gutegura ibitaramo, gufasha abahanzi kumurika alubumu zabo no kubahuza n’itangazamakuru.

Mu bahanzi bamaze kugirwaho uruhare n’iyi kampani harimo Bobo Bonfils, True Promises n’abandi batandukanye. Iri tsinda rigizwe n’abakoze mu itangazamakuru mu bihe bitandukanye, bishyize hamwe n’abandi bakunda guteza imbere umuziki w’indirimbo zihimbaza Imana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

AMAFOTO: ADEPR Ruyenzi iri kubaka urusengero rugezweho ruzatwara Miliyari 1 Frw.

Itorero rya ADEPR Ruyenzi, ryo mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda, riri kubaka urusengero rujyanye n’igihe ruzatwara Miliyari 1 y’amafaranga...

Read out all

Rwanda Shima Imana 2025: Umwanya wo Gushimira no Kwibuka Imigisha y’Imana ku Banyarwanda

Mu mpera z’ukwezi kwa Kanama 2025, u Rwanda ruzongera guhuriza hamwe Abanyarwanda b’ingeri zose mu giterane cy’imbaraga cyiswe Rwanda Shima Imana 2025....

Read out all

Alicia na Germaine: Hamwe n’ubwoba bwa 666 kuri “Rugaba” bateguje iyitwa “Ndahiriwe”

Nyuma y’uko indirimbo yabo “Rugaba” imaze kurebwa kuri YouTube n’umubare w’abagera ku 666,000, ibintu byibukije bamwe umubare uvugwa muri Bibiliya nk’“umubare w’inyamaswa”...

Read out all

Burundi: Umunyamakuru Annick Mushimiyimana yihangiye inzira mu muziki wa Gospel

Uyu mukobwa asanzwe akorera kuri Radio RCF aho ari umunyamakuru (umumenyeshamakuru mu Kirundi) wungirije, ariko akaba anafite impano yo kuririmba indirimbo zo...

Read out all

Hasigaye iminsi mike ngo “Himbaza Imana Live Concert” ya Tuyisenge Jeannette ihuze abaramyi n’abakozi b’Imana bakunzwe mu Rwanda

 Iki giterane giteganyijwe kubera mu rusengero rwa EAR Gitarama (Siyoni), guhera Saa Tatu za mu gitondo kugeza Saa Munani z’amanywa. Jeannette Tuyisenge,...

Read out all