×

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ku bufatanye na Polisi y’Igihugu rwatangije iperereza kuri bamwe mu bakozi b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) bakekwaho ibyaha bitandukanye.

RIB yagize iti: “Ku bufatanye na Polisi y’Igihugu, twatangiye iperereza kuri bamwe mu bakozi b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda bakekwaho ibyaha bitandukanye.”

Hashingiwe kuri iri perereza, RIB yatangaje ko yafunze Kalisa Adolphe wari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA na Tuyisenge Eric uzwi nka Cantona, ushinzwe ibikoresho by’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi. Bakekwaho ibyaha birimo kunyereza umutungo, kwakira cyangwa gutanga ruswa ndetse no gukoresha inyandiko mpimbano.

Aba bombi bafungiye kuri sitasiyo za RIB i Remera na Kicukiro. Ku ruhande rwa Kalisa Adolphe, dosiye ye yamaze koherezwa mu Bushinjacyaha mu gihe iperereza rigikomeje.

RIB ikomeza kuburira abantu bose gukoresha ububasha bahabwa n’imyanya barimo mu nyungu rusange, aho kubuhindura inzira yo gushaka inyungu zabo bwite, kuko ibyo bikorwa bihanwa n’amategeko.

Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Kalisa Adolphe ni umwe mubatawe muri yombi na RIB ku bufatanye na Police y’igihugu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Imbangukiragutabara zaciwe miliyoni 46Frw kubera gukora impanuka nta bwishingizi

Umwaka ushize wa 2025, imodoka esheshatu zitwara abarwayi zizwi nk’imbangukiragutabara zaciwe amafaranga Miliyoni 45.6Frw kubera gukora impanuka zidafite ubwishingizi bw’ibinyabiziga. Nibakure Florence...

Read out all

APR FC yasangiye n’abakomeye nyuma yo kugarika Rayon Sports

Nyuma yo utsinda Rayon Sports ibitego 4-1 mu mukino wa Super Coupe 2025, abakinnyi b’ikipe y’Ingabo basangiye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,...

Read out all

Abagabo bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikubye karindwi mu mwaka umwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyagaragaje ko umubare w’abagabo bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikamenyekana bavuye kuri 349 mu 2023 bagera kuri 2748...

Read out all

Djihad n’abo bareganwa batakambiye urukiko barusaba kubarekura by’agateganyo

Kuri uyu wa 29 Ukuboza 2025 ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, haburanishirijwe urubanza rw’Ubujurire Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad n’abo bareganwa baburanaga...

Read out all

Ni umujyi urabagirana: Kigali yitegura kwizihiza Noheli n’Ubunani twabateguriye Amafotomeza

Iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani iri mu ya mbere yizihizwa na benshi ku Isi ku buryo imyiteguro yayo itangira kugaragara na mbere...

Read out all

Rusizi: Yabyutse asanga inzu bayitoboye bamwiba ibirimo televiziyo

Ngoboka Joël utuye mu Mudugudu wa Makambi, Akagari ka Karenge,Umurenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi ubwo yari abyutse saa kumi n’imwe...

Read out all