×

Leta ya Tanzania yamaganye icyegeranyo cy’Umuryango uharanira Uburenganzira bwa Muntu (Human Rights Watch – HRW) cyayishinje ibikorwa byo guhutaza, gufunga abantu no gukora iyicarubozo mbere y’amatora ya Perezida ateganyijwe mu Ukwakira 2025.

Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Leta ya Tanzania, Gerson Msigwa, yavuze ko icyo cyegeranyo cyuzuyemo ibihuha, kandi ngo cyasohowe hatabanje guhabwa Leta umwanya wo kwisobanura.

“Birababaje kubona ishyirahamwe rizwi ku rwego mpuzamahanga ritangaza ibirego bidafite ishingiro, bigamije gusiga icyasha isura y’igihugu mu mahanga. Nta na rimwe twigeze tubona ubusabe bw’iyisobanuro, haba mu buryo bw’inyandiko, telefoni cyangwa email,” yavuze Msigwa.

Yakomeje ashimangira ko Tanzania ari igihugu gifunguye, giteguye guha imiryango mpuzamahanga uburenganzira bwo kugenzura no kumenya amakuru y’ukuri ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, mu gihe bikozwe mu mucyo.

Ku rundi ruhande, HRW ivuga ko ubutegetsi bwa Tanzania bwashyize imbaraga mu gujujubya abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, gufunga itangazamakuru ndetse no kubangamira ubwisanzure bw’abashinzwe gutegura no kugenzura amatora. Umuryango uvuga ko ibi biteye impungenge ko amatora ateganyijwe ku wa 29 Ukwakira 2025 ashobora kutaba mu mucyo.

Nomathamsanqa Masiko-Mpaka, umushakashatsi wa HRW muri Afurika, yagize ati: “Abategetsi ba Tanzania bakwiye guhita bafata ingamba zo kurengera ubuziranenge bw’aya matora, kuko ubu ari mu kaga gakomeye. Ni ngombwa guhagarika gufunga ubwisanzure bw’itangazamakuru no gushyira mu bikorwa impinduka zatuma amatora aba mu mucyo kandi muri demokarasi.”

Leta ya Tanzania yo ishimangira ko uburenganzira bwo kubaho, ubw’isanzure n’umutekano buvugwa mu Itegeko Nshinga, kandi ko yiyemeje kuburinda no kubushimangira imbere y’amatora rusange yo mu 2025 no nyuma yayo.

Samia Suluhu Hassan, Perezida wa Tanzania

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Miliyoni 21 z’abaturage ba Uganda bitabiriye amatora Museveni ahanganyemo na Bobi Wine.

Abanya-Uganda barenga miliyoni 21 kuri uyu munsi baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ategerejwemo kumenya niba Perezida Yoweri Kaguta Museveni w’imyaka 81 azegukana...

Read out all

Ndayishimiye yongeye gusubiramo inyikirizo imwe ku bibazo by’u Burundi n’u Rwanda, yibasira na Amerika

Mu gihe ashinja u Rwanda gufata RED Tabara, mu bihe bitandukanye abarwanyi b’uyu mutwe bagiye bafatirwa mu Rwanda, bagasubijwe u Burundi. Muri...

Read out all

Leta ya RDC ikomeje gushakisha urwitwazo rwo kudasenya FDLR

Mu gihe amezi abaye menshi Abanyarwanda n’Abanye-Congo bategereje ko ibikorwa byo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR bitangira, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Read out all

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 batorotse nyuma yo gutsindwa na M23, bari guhigwa.

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigishwa uruhindu n’inzego z’umutekano z’igihugu cyabo, bazira gutoroka akazi ka gisirikare nyuma yo kwirukanwa muri Repubulika...

Read out all

Hafi y’ibiro bya Perezida wa Venezuela humvikanye urusaku rw’amasasu

Mu Murwa Mukuru wa Venezuela, Caracas, hafi y’ibiro bya perezida, humvikanye urusaku rw’amasasu menshi mu gihe ibintu muri icyo gihugu bitarafata umurongo....

Read out all

Tshisekedi wateye umugongo ibiganiro bya Doha ashaka ko haba ibishya bya Luanda

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, ashaka ko hatangira ibiganiro bishya bya Luanda, mu gihe akomeje gutera umugongo ubuhuza...

Read out all