×

Nyuma y’ikiganiro n’abanyamakuru yakoreye mu Mujyi wa Kigali ari kumwe na The Ben, ku wa 15 Ukuboza 2025, Bruce Melodie yaratunguranye agaragara i Nyabugogo aho yavuye aremeye umubyeyi uzunguza imigati.

Bruce Melodie yageze i Nyabugogo afite gahunda yo kuhamara umwanya uhagije, icyakora bitewe n’umuvundo mwinshi wari umaze kuhavuka, yahise ahavanwa shishi itabona.

Icyakora nubwo yahise ahavanwa, Bruce Melodie yahasize inkuru nziza kuko yahavuye ahafashirije umubyeyi yiboneye ahetse abana babiri ari kuzunguza ibirimo imigati.

Mu kiganiro n’umwe mu bari kumwe na Bruce Melodie yavuze ko uyu muhanzi ubwo yari ageze Nyabugogo yabonye umubyeyi uhetse abana babiri ari gucuruza amugirira impuhwe.

Ati “Ubundi ageze Nyabugogo yabonye umubyeyi uri gucuruza afite abana babiri, asaba ko bamumuzanira baraganira, bitewe n’uko hari akavuyo k’abantu yahisemo kumushyira mu modoka agira ubufasha amugenera.”

Nubwo byatangajwe ko hari ubufasha yahaye uyu mubyeyi, birinze kwemeza ubwo ari bwo, icyakora uwahaye amakuru IGIHE yahamije ko bwamushimishije.

Bruce Melodie yari agiye i Nyabugogo kubera isezerano yari yahaye umufana wamusabye ko yazajyayo akahamara amasaha ane, ibyo azaba ahaboneye akabikoramo indirimbo.

Nyuma yo kwemera ibyo uyu mufana yamusabye, Bruce Melodie yagerageje kubyubahiriza icyakora kubera umuvundo w’abantu bifuzaga kumureba bituma atamarayo umwanya munini.

Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi bagezweho bikomeye mu muziki w’u Rwanda, kuri ubu ategerejwe mu gitaramo ‘The New Year Groove’ ateganya gukorera muri BK Arena ku wa 1 Mutarama 2026.

Abamotari batahuye Bruce Melodie ataragera na Nyabugogo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

byiringirojea23@gmail.com

Related Posts

AMAFOTO: Lynda Priya witabiriye Miss Rwanda mu bihe bitandukanye yakoze ubukwe

Uwankusi Nkusi Lynda wamenyekanye ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye ariko akaza no kwamamara nka Lynda Priya muri sinema...

Read out all

Nta nshuti n’imwe dufite: Fille Mutoni ku bitera abahanzi agahinda gakabije

Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi...

Read out all

IShowSpeed arateganya gusura ingagi zo mu Birunga mu Rwanda

Umunyamerika umaze kuba icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, yatangaje ko mu rugendo ari kugirira mu bihugu bitandukanye muri Afurika, nagera mu Rwanda...

Read out all

Kutagira ‘permis’ no gufatanwa ibiyobyabwenge: Izindi ngingo zakomeje ikirego cya DJ Toxxyk

Kuva ku itariki 20 Ukuboza 2025, Arnold Ishimwe uzwi nka DJ Toxxyk ari mu maboko y’inzego z’umutekano aho ari gukorwaho iperereza rishingiye...

Read out all

Dosiye ya batanu barimo Prophet Joshua yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo abarimo Prophet Joshua bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Iguhugu. Umuvugizi wa RIB,...

Read out all

Abinyujije mu ndirimbo ye nshya yise ‘Indabo zanjye’ The Ben yasubije Bruce Melodie wari umaze iminsi amushotoye

The Ben atangira iyi ndirimbo ye nshya yivuga ibigwi, anirata uko ari umuhanzi ukomeye yagera hagati akibutsa Bruce Melodie ko ‘yakunze igisebo’...

Read out all