×

Umukinnyi wa filime w’Umwongereza w’ikirangirire ku Isi, Idris Elba, ari mu Rwanda aho yasuye inyubako ya Zaria Court ya Masai Ujili, bakanagirana ibiganiro.

Idris Elba yageze i Kigali, ku wa 15 Ugushyingo 2025, aho yahuye kandi akagirana ibiganiro na Masai Ujiri. Gusa amafoto y’uru ruzinduko yashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 18 Ukuboza 2025.

Idris Elba yagaragaye i Kigali ari kumwe n’abashoramari bakomeye nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Zaria Court.

Mu butumwa bwashyizwe ku rubuga rwa Zaria Court rwa Instagram, bugaragaza ko uyu mugabo yishimiye gutembera muri iyi nyubako no gusobanurirwa byinshi kuri yo.

Buti “Masai Ujiri aherutse kwakira Idris Elba muri Zaria Court i Kigali, mu Rwanda. Yari kumwe n’abandi bayobozi b’ibigo n’abashoramari barimo Yerim Sow na Hassanein Hiridjee, Idris yarahasuye, asobanurirwa ku kamaro Zari Court igira mu iterambere ry’abantu, anirebera n’amaso ye uko iri gutanga umusanzu mu guhanga ibishya.”

“Yabonye uko ibikorwa bishingiye ku mikino, umuco n’imyidagaduro biri gufasha urubyiruko kubona amahirwe mashya, bigateza imbere impano zabo, kandi bigahuza abantu benshi. Iyi mishinga nka Zaria Court iri gufasha kubaka ahazaza heza h’urubyiruko, ihinduka urubuga rutuma impano zizamuka kandi zigatera imbere.”

Mu mwaka wa 2024, Idris Elba yabwiye BBC ko afite gahunda yo kwimukira muri Afurika, akahamara nibura imyaka 10. Avuga ko ari nk’umwe mu mugambi afite wo kuzamura uruganda rwa sinema kuri uyu Mugabane.

Yavuze ko ashobora kuzaba i Accra muri Ghana, Freetown muri Sierra Leone ndetse no muri Zanzibar.

Yanahawe ubutaka muri Zanzibar bwo kubakaho studio ya filime muri iki kirwa cya Tanzania. Iyi studio mpuzamahanga yo muri Zanzibar, yitezweho ko izaba ihanganye n’izindi zikomeye ku Isi. Igitekerezo cy’iyi studio cyaganiriweho bwa mbere muri Mutarama 2023.

Uyu mugabo aheruka gutangaza ko agiye kureka gukina filime akibanda ku ifatwa ry’amashusho yazo.

Idris Elba siu bwa mbere ageze mu Rwanda kuko yahaherukaga mu 2023, mu muhango wo Kwita Izina yajyanyemo n’umugore we Sabrina Dhowre ndetse icyo gihe banavuye mu Rwanda bakiriwe na Perezida Kagame.

Idris Eliba yatemberejwe inyubako ya Zaria Court
Zaria Court ni ihuriro ry’ibikorwa bitandukanye birimo siporo, imyidagaduro, aho kuruhukira n’ibindi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

byiringirojea23@gmail.com

Related Posts

AMAFOTO: Lynda Priya witabiriye Miss Rwanda mu bihe bitandukanye yakoze ubukwe

Uwankusi Nkusi Lynda wamenyekanye ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye ariko akaza no kwamamara nka Lynda Priya muri sinema...

Read out all

Nta nshuti n’imwe dufite: Fille Mutoni ku bitera abahanzi agahinda gakabije

Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi...

Read out all

IShowSpeed arateganya gusura ingagi zo mu Birunga mu Rwanda

Umunyamerika umaze kuba icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, yatangaje ko mu rugendo ari kugirira mu bihugu bitandukanye muri Afurika, nagera mu Rwanda...

Read out all

Kutagira ‘permis’ no gufatanwa ibiyobyabwenge: Izindi ngingo zakomeje ikirego cya DJ Toxxyk

Kuva ku itariki 20 Ukuboza 2025, Arnold Ishimwe uzwi nka DJ Toxxyk ari mu maboko y’inzego z’umutekano aho ari gukorwaho iperereza rishingiye...

Read out all

Dosiye ya batanu barimo Prophet Joshua yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo abarimo Prophet Joshua bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Iguhugu. Umuvugizi wa RIB,...

Read out all

Abinyujije mu ndirimbo ye nshya yise ‘Indabo zanjye’ The Ben yasubije Bruce Melodie wari umaze iminsi amushotoye

The Ben atangira iyi ndirimbo ye nshya yivuga ibigwi, anirata uko ari umuhanzi ukomeye yagera hagati akibutsa Bruce Melodie ko ‘yakunze igisebo’...

Read out all