×

Uwankusi Nkusi Lynda wamenyekanye ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye ariko akaza no kwamamara nka Lynda Priya muri sinema y’u Rwanda, yakoze ubukwe na Irenge Christian bari bamaze igihe bakundana.

Kuri uyu wa 8 Gashyantare 2026 ni bwo habaye umuhango wo gusaba no gukwa Lynda mu birori byabereye ahitwa Kaleb Garden ku i Rebero.

Ni ibirori byakurikiwe n’umuhango wo gusezerana imbere y’Imana wabereye muri ‘Assemblies of God Church’.

Abatumiwe mu bukwe bwabo biteganyijwe ko baza kwakirirwa ku mugoroba wo ku wa 8 Gashyantare 2026.

Aba bombi bakoze ubukwe nyuma y’uko basezeranye imbere y’amategeko mu muhango wabereye ku biro by’Umurenge wa Kimihurura ku wa 18 Ukuboza 2025.

Ku wa 10 Ukwakira 2025 ni bwo aba bemeranyije kubana akaramata mu birori, uyu mukobwa yanambikiwemo impeta.

Mu kiganiro yigeze kugirana na IGIHE, Lynda Priya yavuze ko we n’umukunzi we batangiye gukundana mu 2023.

Mbere y’uyu musore, Lynda yavuzwe mu nkuru y’urukundo na Zaba Missedcall bakinanaga filime zinyuranye. Bombi bakundanye guhera mu 2022.

Usibye kuba azwi muri sinema Nyarwanda, Lynda ni umwe mu bakobwa bahataniye Ikamba rya Miss Rwanda mu 2021 na 2022.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Nta nshuti n’imwe dufite: Fille Mutoni ku bitera abahanzi agahinda gakabije

Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi...

Read out all

IShowSpeed arateganya gusura ingagi zo mu Birunga mu Rwanda

Umunyamerika umaze kuba icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, yatangaje ko mu rugendo ari kugirira mu bihugu bitandukanye muri Afurika, nagera mu Rwanda...

Read out all

Kutagira ‘permis’ no gufatanwa ibiyobyabwenge: Izindi ngingo zakomeje ikirego cya DJ Toxxyk

Kuva ku itariki 20 Ukuboza 2025, Arnold Ishimwe uzwi nka DJ Toxxyk ari mu maboko y’inzego z’umutekano aho ari gukorwaho iperereza rishingiye...

Read out all

Dosiye ya batanu barimo Prophet Joshua yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo abarimo Prophet Joshua bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Iguhugu. Umuvugizi wa RIB,...

Read out all

Abinyujije mu ndirimbo ye nshya yise ‘Indabo zanjye’ The Ben yasubije Bruce Melodie wari umaze iminsi amushotoye

The Ben atangira iyi ndirimbo ye nshya yivuga ibigwi, anirata uko ari umuhanzi ukomeye yagera hagati akibutsa Bruce Melodie ko ‘yakunze igisebo’...

Read out all

Idris Elba mu Rwanda, asura Zaria Court mu biganiro bigamije guteza imbere impano n’ishoramari

Umukinnyi wa filime w’Umwongereza w’ikirangirire ku Isi, Idris Elba, ari mu Rwanda aho yasuye inyubako ya Zaria Court ya Masai Ujili, bakanagirana...

Read out all