×
In

Rucamihigo Callixte wo mu mudugudu wa Gatare, Akagari ka Gisuna, Umurenge wa Byumba, Akarere ka Gicumbi, yasanzwe yapfuye amanitse mu giti kuri uyu wa 24 Gashyantare 2025.

Umugore wa nyakwigendera avuga ko umugabo we yabyutse ajya gusenga nta kibazo, ariko hashize amasaha macye amenyeshwa ko basanze amanitse mu giti.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Byumba, Ngezahuhuremyi Theoneste, yemeje aya makuru avuga ko iperereza rigikomeje.

Ati: “Nta bantu bacyekwa, haracyashakishwa amakuru kugira ngo hamenyekane icyamwishe, ndetse tunategereje ibisubizo by’isuzuma.”

Yasabye abaturage gutanga amakuru ku gihe no kwirinda kwiyambura ubuzima cyangwa kubwambura abandi.

Bamwe mu baturage bavuga ko batewe ubwoba n’uru rupfu rutunguranye, bakeka ko yishwe nubwo nta makimbirane yari azwiho.

Nyakwigendera yakoraga ibyuma by’ikoranabuhanga muri gare ya Gicumbi, asize umugore n’abana batatu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

In

Inzego z’umutekano zatanze imyirondoro y’umugabo wafashwe yangize imodoka mu Mujyi wa Kigali

Inzego zishinzwe umutekano zatanze umwirondoro w’umugabo wafashwe videwo amenagura ibirahure by’imodoka mu Mujyi wa Kigali. Batangaje ko uyu ari umugabo w’imyaka 41...

Read out all
In

Umusore w’imyaka 19, yarohamye  muri Nyabarongo

Muhanga: Kwizera Emmanuel w’Imyaka 19 y’amavuko wari ushoreye inka ayijyanye mu isoko yarohamye mu mugezi wa Ngabarongo. Kwizera Emmanuel ni mwene Uwizeyimana...

Read out all
In

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa wa nyuma w’Umwami Yuhi V Musinga, yatabarutse afite imyaka 93

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda hagati y’umwaka wa 1896 na 1931, yatabarutse ku wa Mbere tariki...

Read out all
In

Col Rwagasana Sankara na Viviane Mukakizima bahawe imirimo mishya na Perezida Kagame.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagize Col Régis Rwagasana Sankara Umuyobozi Wungirije w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, mu gihe Viviane...

Read out all
In

Ingabire Marie Immaculée yitabye Imana ku myaka 64.

Ingabire Immaculée wari Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, umuryango urwanya ruswa n’akarengane, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane azize...

Read out all
In

Impamvu 5 Perezida Kagame akoresha Siporo mu kongera isura y’igihugu mu ruhando mpuzamahanga.

Mu gihe u Rwanda rukomeje kwigarurira umwanya ku rwego mpuzamahanga, siporo yabaye kimwe mu bikoresho by’ingenzi Perezida Paul Kagame akoresha mu kongera...

Read out all