×

Umuhanzi TWAGIRUMUKIZA Emmmanuel(Emmy) wamamaye mu ndirimbo yarakibirinduye, yasohoye indirimbo nshya yise ‘UMUSHUMBA’ ikubiyemo amagambo ashimangira urukundo Yesu akunda abantu be.

UMUSHUMBA n’indirimbo yashyize hanze kuri uyu wa gatanu, tariki 21 Werurwe 2025.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Connect, yasobanuye impamvu yanditse iyi ndirimbo, aho yagize ati” impamvu, nuko nari maze kubona ko nta Muntu numwe ujya ukorera ubuntu, bisaba ikiguzi. Gusa nabonye ko Yesu we atajya yishyuza. Iyi ndirimbo (Umushumba) ikubiyemo amagambo agira ati “Mfite Umushumba mwiza, n’imigambi amfiteho ni myiza. Urukundo agira, ni ukuri nta bwo abeshya, ni we unyobora.

Amashusho yiyi ndirimbo aryoheye amaso, yakozwe ndetse atunganywa na Patient For Sure, mu gihe amajwi yayo yakozwe na Bertin afatanije na Bob Pro ufite izina ritajegajega mu gukora no gutunganya indirimbo.

Twagirumukiza Emmanuel (Emmy Official02) ubusanzwe ni Umukristo ubarizwa mu Itorero rya ADEPR, Paruwase ya Rango yo mu Karere ka Bugesera. Uyu muramyi(Emmy) akaba azwi cyane mu ndirimbo nyinshi zitandukanye, zirangajwe imbere na “Yarakibirinduye.”

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘UMUSHUMBA’ YA EMMY

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all