×

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Willy Uwizeye, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Nifinyange” yakoranye na na korali asanzwe abarizwamo Bcc vessels of Praise.

Uyu muhanzi ukomoka mu gihugu cy’u BurundI kuri ubu akaba, atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, biyemeje gukorana iyi ndirimbo mu rwego rwo bwibutsa abantu ko mu bibaho byose Imana ari iyo kwiringirwa kuko itagira inenge mu byo ikora.

Willy Uwizeye yabwiye MIE Impire dukesha iyi nkuru ko gukorana indirimbo na Bcc Vessels of Praise, bisobanuye ‘ubufatanye bw’abana b’Imana ndetse akaba ari nimwe muri korali bakorana umuriro w’Imana.’

Ni indirimbo ishimangira ubudahangarwa bw’Imana, bityo ko abantu bakwiye kuyiringira.

Nyuma y’iyi ndirimbo, uyu muramyi yatangaje ko ateganya indi mishinga myinshi yo gushyira hanze indirimbo nshya afitiye abakunzi be, irimo n’igitaramo Imana ni mushoboza

Ati “Ndateganya gukora cyane uko Umwami azarushaho kudushoboza ndetse no kutumenyesha ibyo ashaka. Ndateganya gukora igitaramo cya ‘live recording’ mu bihe biri imbere Yesu nabishima.”

Mu mpera z’umwaka ushize, yatumiwe n’Umushumba Mukuru wa Noble Family ndetse na Women Foundation Ministries, Apotre Mignonne Kabera, mu giterane mpuzamahanga cyari kigamije guhesha umugisha abatuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agihuriramo n’abandi baramyi bakomeye barimo Gentil Misigaro n’umukozi w’Imana Prophet Kem Muyaya.

Willy Uwizeye ni umuramyi ukomoka mu Burundi, akaba atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yasengeraga muri Eglise Vivante de Jésus Christ du Burundi i Bujumbura, akaba ari ho yanakuriye. Afatwa nk’inkingi ikomeye ndetse n’umunyabigwi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Burundi no mu Karere ka Afrika y’Iburasirazuba.

Iyi ndirimbo ni iya gatatu ya Willy, ikaba ije ikurikira iyitwa ‘Dufise Imana’ imaze ukwezi ashyize hanze na ‘Ubukwe ,’ imaze imyaka ibiri ayishyize hanze na “Iwabo W’abera”. Nayo imaze igihe kigana n’imyaka ibiri.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘NIFINYANGE’ YA WILLY UWIZEYE

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all