×

Eric Byiringiro, wamamaye nka Kadogo mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yongeye akora mu nganzo ashyira hanze amashusho y’ indirimbo nshya yise ‘Ibanga.

Ni ndirimbo yasohoye kuri uyu wa 29 werurwe 2025, ikubiyemo amagambo ashimangira urukundo Yesu akunda abantu be. Usibye kuba ari indirimbo nziza inyuze amatwi n’amaso, ni ndirimbo kandi igizwe n’amagambo akomeza umugenzi ujya mu ijuru. Amashusho y’ indirimbo ‘Ibanga’ yakozwe na Fridaysammy, mu gihe amajwi yo yakozwe na Ishimwe Bass.

Uyu muramyi yatangaje ko iyi ndirimbo ‘Ibanga’ iri kuri album ye nshya, igizwe n’indirimbo umunani. Yagize ”ati, Imirimo yose ijyanye no kuyitunganya igeze kure, mu minsi ya vuba nzayishyira hanze. Hariho indirimbo nziza kandi ubutumwa nahawe ni ubwo guhumuriza abantu ni nayo mpanvu album igizwe n’indirimbo zihumuriza abantu.”

Kadogo yamamaye mu itsinda rya Healing ndetse no muri Kingdom of God Ministries, akaba yaratangiye kuririmba kugiti cye mu mwaka ushize wa 2024 ari nabwo yasohoye indirimbo ye ya mbere yise ‘Nimukomere.

Uyu mugabo wavutse mu 1996, akavukira mu gihugu cya DRC Congo. Yarushize mu mwaka wa 2022, na Nsekonziza Laurienne. Kuri ubu akaba ari kubarizwa muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘IBANGA’ YA KADOGO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all