×

Kuri uyu wa 11 mata 2025, nibwo Umuramyi M.Shyaka Clenie yasohoye indirimbo nshya yise “Yakoze ibikomeye”. 

Ni indirimbo y’amateka ku urugendo rwe rw’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, dore ko ivuze byinshi bigendanye n’ubuhamya bw’urugendo yagendanyemo n’Imana kuva yakwizera Kristo nk’umucunguzi we.

Clenie uri mubahanzi b’abaramyi bafite ijwi Mu kiganiro yagiranye na Kigali Connect ,Yavuze ku nkomoko n’ imvano y’iyi ndirimbo.

Yagize ati mu ndirimbo “Yakoze ibikomeye” nashakaga kuvuga uburyo Imana ihambaye,ikora ibirenze kure iby’abana babantu, byaba ari iby’ ubwenge bwabo cyangwa izindi mbaraga z’ abapfumu ndetse n’abarozi

Yunzemo ati” Nayihimbye bitewe n’igitangaza Imana yari ikoreye umushuti wanjye twajyaga dusenga Imana ikavuga ibyakozwe n’ababi ,kuburyo ntabyiringiro byari bihari kubahanuzi ko hari icyo Imana yakora bitewe n’ umusozi yari ariho. Yaboneyeho gutangaza Imbaraga z’Uwiteka watabaye gitwari inshuti ya Clenie.Clenie ati”Imana yamukuyeho uwo musozi twese dutangarira Imana, nibwo nahise nandika iyi ndirimbo.

Clenie ni umwe mu bahanzi bafite impano y’uburirimbyi mu maraso.Yatangiye umuziki akiri muto dore ko ku myaka 10 gusa yatangiye gufata micro kavuga Imana neza.Aha yigaga mu mwaka w’amashuri abanza.Aha nibwo yatangiye guhimba indirimbo ze bwite. Uyu muramyi waririmbaga muri korali y’abana yitwaga umunezero muri ADEPR ari naryo torero kuri ubu abarizwamo.Yaje gukomeza umuhamagaro mu mashuri yisumbuye aho yafatanyaga ubuhanzi no kuririmba muri korali.

Ubusanzwe Clenie yavukiye mu karere ka Rwamagana mu ntara y’uburasirazuba.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘YAKOZE IBIKOMEYE’ YA CLENIA M.SHYAKA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all