×

Mukakamana Esperance, wamamaye nka Sister Hope( Uwihaye Imana) yateguje indirimbo nshya yise “Gira Uruhare” ikubiyemo ubutumwa bukomeye bugamije guhamagarira abantu Bose kugira Uruhare mu guhindura isi ikaba nziza kurushaho.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Connect yahishuye ko iyi ndirimbo izaba itandukanye n’izindi yakoze mbere, kuko yayiteguye mu gihe cy’imuaka ibiri yuzuyeml amasengesho menshi, gutekereza no kumva uburemere bw’ubutumwa yashakaga kugeza ku bantu.

Sister Hope, avuga ko nubwo byamudabye igihe kirekire, Atari ukubera UBUSOBANURO buke cyangwa kubura ibikoresho, ahubwo ngo Ari ukubera uburemere bw’ ubutumwa bukubiye muri iyi ndirimbo. Yagize ati:”Nari mfite impungenge zo kuyisohora kuko nabonaga aho isi igeze abantu bashobora kuyifata nabi cyangwa ntibayumve nk’ uko mbishaka. Ariko umutima wanjye wampatiye kutayiceceka, ahubwo nkayisengera cyane ngo izagerweho n’abayikeneye.

Indirimbo “Gira Uruhare ” Ishingiye ku bibazo bikomeye byugarije isi, harimo intambara, amakimbirane yo mu miryangi, ubusinzi, ubusambanyi, ruswa, n’ibindi… Bikorwa bibi bishora abantu mu bikorwa bibi no kwangiza ejo hazaza h’abana n’igihugu muri rusange. Ariko Sister Hope ntiyagumye kureba ibyo byose ngo aceceke, ahubwo yahisemo kubwira abantu bose ko impinduka zitangirira kuri buri wese.

Ubutumwa bwayo ni ugushishikariza abantu guhaguruka, gufata iya mbere mu gukiza isi, ndetse Buri wese akagira uruhare mu gushaka amahoro n’ukuri.Muri iyi ndirimbo, Sister Hope agaragaza ko icyizere kigihari, ko Imana idatezuka,ariko ko nayo ishaka ko abantu bagira Uruhare mu guhindura ibibi.

Ni ndirimbo izaba yuzuyemo amagambo y’ihumure, gukangurira abantu kubabarira, gukundana, no gusenga cyane kugira ngo isi isubire ku murongo.Yadoje agira ati:”Iyi ndirimbo nyituye abantu bose batakaje icyizere, abumva barambiwe kubaho,n’abumva batagifite aho bahagaze. Imana iracyakora , ariko natwe tugomba kugira Uruhare. Gira Uruhare!”

“GIRA URUHARE” si indirimbo gusa – ni umuhamagaro.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all