×

Kuri uyu wa 25 Mata 2025, Mukakamana Esperance, wamamaye nka Sister Hope ( Uwihaye Imana) yasohoye indirimbo nshya yise “Gira Uruhare” ikubiyemo ubutumwa bugamije guhamagarira abantu Bose kugira Uruhare mu guhindura isi ikaba nziza kurushaho.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Connect yatangaje ko iyi ndirimbo yayiteguye mu gihe cy’imyaka ibiri yuzuyemo amasengesho menshi, gutekereza no kumva uburemere bw’ubutumwa yashakaga kugeza ku bantu.

Sister Hope, avuga ko nubwo byamusabye igihe kirekire cyo kugira ngo ategure iyi ndirimbo, Atari ukubera Ubusobanuro buke cyangwa kubura ibikoresho, ahubwo ngo Ari ukubera uburemere bw’ ubutumwa bukubiye muri iyi ndirimbo. Yagize ati:”Nari mfite impungenge zo kuyisohora kuko nabonaga aho isi igeze abantu bashobora kuyifata nabi, cyangwa ntibayumve nk’ uko mbishaka. Ariko umutima wanjye wampatiye kutayiceceka, ahubwo nkayisengera cyane ngo izagerweho n’abayikeneye.

Ugerageje kumva neza ndirimbo “Gira Uruhare” wumva ikubiyemo amagambo shingiye ku bibazo bikomeye byugarije isi, harimo intambara, amakimbirane yo mu miryangi, ubusinzi, ubusambanyi, ruswa, n’ibindi… Bikorwa bibi bishora abantu mu bikorwa bibi no kwangiza ejo hazaza h’abana n’igihugu muri rusange.

Ni ndirimbo yuzuyemo amagambo y’ihumure, gukangurira abantu kubabarira, gukundana, no gusenga cyane kugira ngo isi isubire ku murongo.Yasoje agira ati:”Iyi ndirimbo nyituye abantu bose batakaje icyizere, abumva barambiwe kubaho,n’abumva batagifite aho bahagaze. Imana iracyakora , ariko natwe tugomba kugira Uruhare. Gira Uruhare!”

Amashusho yiyi ndirimbo, yakozwe na Patient for Sure, umaze kubaka izina ritajegajega mu gukora no gutunganya amashusho y’ indirimbo z’abahanzi ndetse n’ amakorari. Uyu musore w’Umunyempano kandi ukiri muto (Patient for Sure), ubusanzwe afite inkomoko yo mu gihugu cy’Uburundi, gusa ubu ari kubarizwa mu Rwanda, akaba ari naho yimuriye ibikorwa bye.

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO NSHYA YA SISTER HOPE

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

byiringirojea23@gmail.com

Related Posts

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

Israel Mbonyi yateguje Igitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya kane

Umuramyi ukunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Israel Mbonyi, yongeye guteguza abakunzi be igitaramo gikomeye yise “Icyambu Live Concert”, kigiye kuba...

Read out all

Byinshi wamenya ku ndirimbo nshya “Ibindi Bitwenge” ya Antoinette Rehema, uzwi nka “Mama Ibinezaneza”

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Antoinette Rehema, uzwi cyane ku izina rya Mama Ibinezaneza, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise...

Read out all

Antoinette Rehema agiye gusohora indirimbo nshya yise “IBINDI BITWENGE”

Umuramyi Antoinette Rehema, ukunzwe mu njyana ya Gospel, agiye gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “IBINDI BITWENGE”, ikubiyemo ubutumwa buhumuriza abababaye,...

Read out all

Kamikazi Dorcas yaturitse ararira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yatewe no kubura Vestine

Kamikazi Dorcas yasutse amarira ubwo yasobanuraga agahinda gakabije yanyuzemo nyuma y’uko umuvandimwe we bakuranye kandi bakanaririmbana, Ishimwe Vestine, yashatse umugabo. Yavuze ko...

Read out all

Divine Muntu yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera Benjamin

Divine Muntu, umuririmbyi ukizamuka mu njyana ya Gospel umaze kwamamara cyane mu ndirimbo ye “Hozana”, yatangaje itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we Uwizera...

Read out all