×

Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, umuhanzi Yampano yatunguye benshi ubwo yagarukaga ku rukundo rwe rwa kera rwabayeho mu ibanga rikomeye. Yatangaje ko mu myaka ibiri ishize, yari afitiye Pamella amarangamutima akomeye ku buryo yigeze kwiyemeza kumuboroka kuri telefone kugira ngo adakomeza kureba amafoto ye.

Yagiz’ati “Nari naramukunze cyane, gusa nyuma naje kugerageza kumwiyibagiza burundu, nahisemo kumuboroka ku mbuga nkoranyambaga zose, kugira ngo ntakomeza kureba amafoto ye.”

Uyu muhanzi avuga ko yagiye ahora yibaza uko bizagenda igihe Pamella azaba yambitswe impeta n’undi musore, ariko ngo yakiriye neza kumva ko uwo ari The Ben. “Numvise ko The Ben yamwegukanye, Gusa ntabwo byandakaje, ahubwo numvise ari ibintu byiza kuko bombi ndabakunda,”

Ubukwe bwa The Ben na Pamella bwabaye mu Ukuboza 2023, bukitabirwa n’ibyamamare bitandukanye. Kuri ubu, mu kwezi kwa Werurwe 2025, bombi bamaze kwibaruka umwana w’umukobwa, ibintu byafashwe nk’indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwabo rw’urukundo.

Icyakora, bamwe mu bakurikiranira hafi imyidagaduro bibaza niba Yampano ataba yarenze umurongo wo kugaragaza amarangamutima ye, cyane cyane ko Pamella ubu ari umugore w’undi. Hari abavuga ko ibyavuzwe bifite ishingiro ry’umubabaro wo mu mutima, ariko ko gutangaza ayo makuru ashobora no gukomeretsa abashakanye.

Abakunzi ba muzika n’inkuru z’urukundo bakomeje gutanga ibitekerezo bitandukanye kuri iyi nkuru, bamwe bagaragaza impuhwe kuri Yampano, abandi bamushishikariza gukomeza ubuzima bwe no gushyira imbere iterambere rye nk’umuhanzi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Author

nyawelamberto@gmail.com

Related Posts

Imbangukiragutabara zaciwe miliyoni 46Frw kubera gukora impanuka nta bwishingizi

Umwaka ushize wa 2025, imodoka esheshatu zitwara abarwayi zizwi nk’imbangukiragutabara zaciwe amafaranga Miliyoni 45.6Frw kubera gukora impanuka zidafite ubwishingizi bw’ibinyabiziga. Nibakure Florence...

Read out all

Umuhanzi Baba Sol Yasohoye Indirimbo Nshya yise “Far Away”

Umuhanzi nyarwanda Baba Sol, uzwiho impano idasanzwe mu kuririmba no guhanga indirimbo zifite ubutumwa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama...

Read out all

APR FC yasangiye n’abakomeye nyuma yo kugarika Rayon Sports

Nyuma yo utsinda Rayon Sports ibitego 4-1 mu mukino wa Super Coupe 2025, abakinnyi b’ikipe y’Ingabo basangiye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,...

Read out all

Abagabo bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikubye karindwi mu mwaka umwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyagaragaje ko umubare w’abagabo bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikamenyekana bavuye kuri 349 mu 2023 bagera kuri 2748...

Read out all

Djihad n’abo bareganwa batakambiye urukiko barusaba kubarekura by’agateganyo

Kuri uyu wa 29 Ukuboza 2025 ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, haburanishirijwe urubanza rw’Ubujurire Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad n’abo bareganwa baburanaga...

Read out all

Ni umujyi urabagirana: Kigali yitegura kwizihiza Noheli n’Ubunani twabateguriye Amafotomeza

Iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani iri mu ya mbere yizihizwa na benshi ku Isi ku buryo imyiteguro yayo itangira kugaragara na mbere...

Read out all